Site icon MY250TV

Gatebuke ikinyoma cyamushiranye, asigaranye ibitabapfu gusa!

Umutekamutwe Gatebuke Claude umenyerewe mu bwambuzi bushukana bushingiye ku gukinga ibikarito mu maso abazungu ngo yironkere indonke, iteka iyo yumvise ikijyanye no kunyomoza ibyo yirirwa abeshyeshya amahanga aradagadwa.

Kuri ubu yabuze ayo acira n’ayo amira kuva yakumva ko Madamu Jeannette Kagame yahamagariye urubyiruko gushira amanga bakarwanya inyangabirama zihora zisebya u Rwanda n’ibyo rwagezeho mu myaka 28 ishize.

Mu bunyagasozi asanganywe, Gatebuke akimara kumva buriya butumwa yirukiye ku mbuga nkoranyambaga maze mu ipfunwe n’ikimwaro ahimbahimba amatakaragasi aterekeranye yose ‘Mafiyeri wo mu Gatenga’.

Umunyarwanda yabivuze neza ko “iyo ukubise ibuye mu mbwa ikibwejaguye nicyo uba uhamije”, na Gatebuke kuba yihutiye kuvuga amanjwe bigaragaza ko azi neza ko ari mu bo urubyiruko rw’u Rwanda rugiye gutamaza ku mbuga nkoranyambaga.

Gatebuke yanditse biriya bitabapfu nyuma y’uko we n’abahezanguni bagenzi be banditse igitabo cyuzuyemo icengezamatwara ridafite umutwe n’ikibuno aho baba biriza amarira y’ ingona ko “barokotse jenoside” kandi ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Burya ntakabura imvano; uyu Gatebuke ni mwene Gatsinzi Justin wo ku Gisenyi muri Kayove, umujenosideri kabombo waranzwe n’irondamoko ubwo yakoraga mu cyahoze cyitwa ONAPO.

Gusa Gatebuke akwiye kumenya ko urubyiruko rw’u Rwanda rwiteguye kunyomoza ikinyoma n’ivangura yonkejwe n’ababyeyi be.

Mutijima Vincent

Exit mobile version