Muri mpera z’icyumweru kirangiye habaye ibyishimo ku bafana b’Abanyarwanda kubera ipe yabo ya Basketball yitwaye neza.
Iyo kipe yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cya Afurika cy’Abakina imbere ku Mugabane ‘AfroCan’ nyuma yo gutsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amanota 82-73, umukino wabaye kuri iki Cyumweru, tariki 16 Nyakanga 2023, i Luanda muri Angola.
Kuva iyi kipe y’igihugu yatangira iri rushanwa, yagerageje kwitara neza nubwo yatsizwe imikino itatu ariko urebye niyo mikino yose yagiye iyitsindwa mu masegoda ya nyuma, ndetse n’ikinyuranyo mu manota cyari gito cyane.
Iyi kipe kandi yatsinze amakipe azwiho kwitara neza, nk’ikipe ya Angola yari yakiriye inazwi mu gutwara ibikombe bya Afrika byinshi, ndetse na Congo ifite iki gikombe giheruka.
kuri iki Cyumweru kandi Amakipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 16 mu ingimbi ndetse n’abangavu muri Basketball yarakinnye, aho mu ngimbi u Rwanda rwabonye itike ya ¼ nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 74 -69.
Byari mu gikombe cya Afurika kiri gukinirwa i Monastir ho muri Tunisia. Naho mubakobwa ikipe y’igihugu yatsinzwe umukino wa 3 n’ikipe ya Angola ku manota 74-42.

Muri Football
Ikipe y’Igihugu y’Abagore yasezerewe n’iya Uganda nyuma yo gutsindwa igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura waberaga kuri Kigali Pele Stadium, isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 4-3, mu mikino yo gushaka itike y’Imikino Olempike izabera i Paris mu 2024.
Ikipe y’igihugu y’abagore yihagazeho mu minota 90 y’umukino kuko iminota yarangiye amakipe yombi anganya 0-0 ndetse akaba yari yanganyije ibitego 3-3 mu mukino ubanza, bituma umusifuzi yongeraho indi minota 30 y’inyongera.
Ku munota wa 102, nibwo Uganda yaje kubona igitego gitsinzwe na Ikwaput Fazirah nyuma y’amakosa y’abakinnyi bu Rwanda.
Nyuma yo kubona itike, Uganda izahura na Cameroun mu mikino ibiri izatanga itike yerekeza mu mikino ya nyuma ya Olempike.
Karemera Jean Luc