Site icon MY250TV

Kubona icyo CNDD-FDD na Ndayishimiye bamariye Abarundi ni nko gushaka umuzi w’ibuye – Nyangoma uri mu bashinze CNDD-FDD

Nyangoma Léonard uri mu bashinze CNDD-FDD, ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, yatangaje ko iri shyaka na Perezida Ndayishimiye bangije igihugu ku buryo bigoye kubona ikintu bakoze gifitiye akamaro Abarundi mu myaka 20 bamaze ku butegetsi.

Uyu munyapolitike wabaye minisitiri w’umutekano ndetse aba no mu yindi myanya ikomeye muri Leta y’aba-DD ariko ubu akaba abarizwa mu buhingiro, yatangaje ibyo mu kiganiro aherutse guha itangazamakuru.

Mu ngingo zinyuranye yakomojeho hari aho yagize ati: “CNDD-FDD ntibazi ibyerekeye umubano n’amahanga, icyo umaze. Niyo iyo nyungu yahaba ikoreshwa mu nyungu zabo gusa”

Nyangoma yatanze urugero rw’aho iyi Leta ya Gen Neva yahisemo gukorana na Leta ya Tshisekedi, nyamara iyo mikoranire ntacyo imariye Abarundi kitari ukubahekura.

Ati:”Bakeneye imikoranire na Congo kubera ko bakeneye Abasirikare b’u Burundi bajya gupfira muri icyo gihugu mu nyungu zabo. Abandi bo ntacyo babakeneyeho.”

Soma kandi: Umurundi ufashwe ajya mu Rwanda agomba kwicwa – ibwiriza rishya rya “Gen Neva”

Uretse kuba akomeje gukinira ku buzima bw’abana b’Abarundi, Abarundi baratakamba kubera ubukene bubugarije kubera imiyoborere mibi ya CNDD na Ndayishimiye bimakaje ruswa, akarengane, ibura ry’ibikorwa remezo, nta mushoramari yaba umwenegihugu cyangwa wo hanze yacyo ushobora kwemera gushora imari ye muri iki gihugu.

Imyaka 20 Abarundi bicirwa ku rwara nk’inda na CNDD-FDD, harageze ko biyamururaho icyo cyago.

Biraro Erneste 

Exit mobile version