Site icon MY250TV

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zifuza gufashwa gutaha no guhagarika Jenoside ikorerwa abazo basigaye muri Congo

Abanyekongo bamaze igihe mu nkambi z’impunzi mu Rwanda bakomeje gukora imyigaragambyo y’amahoro aho basaba Leta ya Congo n’amahanga kubafasha gusubira mu gihugu cyabo no guhagarika ubwicanyi bwibasiye bene wabo basigaye mu gihugu.

Ni imyigaragambyo imaze kubera mu nkambi ya Kigeme iherereye mu Karere ka Karongi ho mu Burengerazuba bw’u Rwanda n’inkambi ya Mahama iri mu karere ka Kirehe ho mu Burasirazuba bw’igihugu.

Nk’uko bigaragara ku byaba aba Banyekongo baba bafite, barambiwe kuba mu buhungiro mu gihe nyamara uko Leta zisimburana i Kinshasa zibasezeranya kubacyura mu gihugu bahunze kubera umutekano muke.

By’umwihihariko aba Banyekongo basobanura ko ubwo Tshisekedi yatorerwaga kuyobora Congo yaboherereje ubutumwa bwazanwe  n’itsinda ryari rihagarariwe na Gen Delphin Kahimbi.

Uwo musirikare mukuru ngo yabwiye izi mpunzi ko Tshisekedi yamutumye kubamenyesha ko “igihe kigeze ngo bamenye ko abazirikana ndetse yiteguye gukemura ikibazo cyabo.”

Bidateye kabiri ariko izi mpunzi ngo zatunguwe no kubona ubutegetsi bwa Tshisekedi buterera agati mu ryinyo ndetse barengaho bakorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR aba banyekongo bahunze.

Mu myigaragambyo y’aba Banyekongo kandi bari kwamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa bene wabo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi, ubwicanyi buba buhagarikiwe na Leta ya Congo aho ikorana bya hafi n’interahamwe zo muri FDLR cyane ko zamaze kwinjizwa mu ngabo za FARDC.

Impunzi z’Abanyeko ziri mu Rwanda zirengaho gato ibihumbi 70, zikaba zigize 60.43% by’impunzi zose zicumbikiwe mu Rwanda nk’uko imibare ya Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) ibigaragaza.

Umulisa Carol

Exit mobile version