N’imikino ya 1/8 y’Irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi, UEFA Champions League. Ikipe ya Paris Saint-Germain niyo yari yakiriye ikipe ya Bayern Munich ku kibunga cyayo Parc des Princes mu Mujyi wa Paris.
Umukino watagiranye ingufu, gusa Bayern Munich niyo yari yihariye umukino cyane kuko yaje no gutsinda igitego ku monota wa 53′ gitsinzwe na Kingslay Coaman, Ari nacyo cyayihesheje itsinzi.
Kylan Mbappe yaje kwijira mu kibuga ahindura umukino kuko yaje no gutsinda ibitego bibiri gusa bikaza kwaga kubera kurarira.
Mbappé agarutse nyuma yo kumara imikino itatu yitabwaho n’abaganga, Kandi niwe waherukaga gutsinda ibitego byinshi ikipe ya Bayern Munich kuko yayistinze ibitego bitatu mu mikino ibiri yakiniye Allianz Arena, stade ya Bayern Munich.
Amakipe yombi amaze guhura inshuro 12, yose yatsizemo esheshatu, Nta kunganya kurabaho hagati y’impande zombi.
Undi mukino wabaye ikipe AC Milan yo mu Butaliyani yatsinze ikipe ya Tottenham Hotspur yo mu Bwongereza igitego 1 – 0.
Indi mikino ya Champions League irakomeza kuri uyu wagatatu, tariki ya 15 Gashyantare 2023, ahoBorussia Dortmund yakira Chelsea FC mu gihe Club Brugge izagucakirana na SL Benfica.
Karemera Jean Luc

