Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo mu karere iherutse guteranira i Addis Ababa muri Ethiopie yasabye ubutegetsi bwa Tshisekedi gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda.
Umuvugizi wa Leta ya Congo akaba na Ministiri w’itangazamakuru Patrick Muyaya, yahise avuga ko uwo mwanzuro uzakurikizwa hashingiwe ku mategeko y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi(UNHCR) ndetse na Leta ya Congo.
Ni mu gihe Kinshasa yari iherutse kwihandagaza itangaza ko “nta mpunzi z’abanyekongo ziri mu Rwanda” kuko ngo “u Rwanda ari gereza” bityo akaba “nta munyekongo wahahungira”.
Imibare yerekana ko u Rwanda rucumbikiye impunzi z’Abanyekongo zirenga ibihumbi 76 zingana na 60.43% by’impunzi zose ziri mu gihugu, izi mpunzi by’umwihariko zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme, Mahama na Kiziba.
Ikibazo kikibazwa, ni uburyo izi mpunzi zizasubizwa muri Congo nyamara icyatumye zihunga kitaracyemuka, kuko ubwicanyi mu burasirazuba bw’icyo gihugu bwibasira abavuga Ikinyarwanda bukomeje ndetse bukaba bwarafashe indi ntera aho umutwe wa FDLR n’indi mitwe y’itwaje intwaro imaze imyaka yica aba bantu igihari kandi igikorana n’ingabo za Congo.
Ku rundi ruhande, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya Jenoside ntiryahwemye gutanda impuruza kuri Jenoside ikomeje gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi; iyi ikaba ari indi gihamya ko icyo ziriya mpunzi zahunze kigihari.
Uretse mu Rwanda, impunzi z’Abanyekongo ziri muri Uganda, u Burundi, Tanzania, Zambia, Congo Brazaville na Angola.
Mugenzi Félix

