Site icon MY250TV

Amafaranga Ingabire Victoire ahonga itangazamakuru akwiye kuyatangamo impozamarira ku miryango y’abo yarigishije

Umuhezanguni Ingabire Victoire akomeje kugaragara mu itangazamakuru yiriza amarira y’ingona mu nkuru zidafite epfo na ruguru zivuga ko hari abayoboke be “baburiwe irengero” abandi “baricwa”.

Imwe muri izo nkuru ni iyo aherutse gusohora mu gitangazamakuru Aljazeera. Ni inkuru abasobanukiwe imikorere y’itangazamakuru mpuzamahanga bemeza ko uyu muhezanguni aba yatanzeho akayabo k’amafaranga kugira ngo zitambutswe.

Muri izo nkuru, Ingabire aba asaba ko hakorwa icyo yita “iperereza ry’igenga” ku bo avuga ko yabuze cyangwa bapfuye mu gihe nyamara bizwi neza ko benshi mu bo avuga yabohereje mu mashyamba ya Congo gutera ingabo mu bitugu imitwe yitwaje intwaro bakorana.

Ni mu gihe abandi bo yabohereje mu mahanga mu mugambi we wo gukomeza gukoresha icengezamatwara ry’uko abantu be “bashimutwa cyangwa bakicwa” agamije gusiga icyasha Leta y’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.

Abasomye inyindiko ya Ingabire bahuriza ku kwibaza impamvu atajya azirikana abo nyina, interahamwe kabombo Dusabe Théresè yasize yishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ahubwo agahitamo kumukingira ikibaba kandi bizwi neza ko yishe abagore benshi mu Kigo Nderabuzima cya Butamwa aho yakoraga.

Ingabire amenyereweho kwigira nyoni nyenshi aho ibi abikora agamije guharabika Leta y’u Rwanda gusa nta na kimwe kigeze kimuhira, ni yo mpamvu amafaranga aha itangazamakuru ngo ritambutse ibinyoma bye akwiye kuyafashisha imiryango y’abo yagiye ashuka ndetse akabashora mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Mugenzi Félix

Exit mobile version