Site icon MY250TV

Ukuri gusharira abagoreka ifungurwa rya Rusesabagina birengagiza

Nyuma y’aho Paul Rusesabagina na begenzi be bandikiye Umukuru w’Igihugu bamusaba imbabazi maze nawe agakoresha ububasha ahabwa n’Itegeko Nshinga akazibaha ndetse bagafungurwa, abanzi b’u Rwanda bakomeje kugoreka izi mbabazi gusa hari byinshi birengagiza.

Abo barangajwe imbere n’ibigarasha, interahamwe zatorokeye ubutabera hirya no hino ku Isi ndetse na bamwe mu bahezanguni b’abazungu bakura amaramuko mu guharabika u Rwanda n’ubuyobozi bwaro.

Aba bose bahuriza ku kuvuga ko Rusesabagina na bagenzi be bafunguwe kubera “Igitutu”, gusa barishuka.

Kimwe mu byo abagoreka ifungurwa rya Rusesabagina birengagiza ni uko yasabye imbabazi yicuza ibyaha by’iterabwoba byakozwe n’umutwe wa MRCD/FLN yari abereye umuyobozi.

Uku kwicuze Rusesabagina yakugaragarije mu ibaruwa yandikiye Perezida Kagame ku wa 14 Ukwakira 2022, muri iyo baruwa Rusesabagina yiyemerera ibyo yakoze ndetse akabisabira imbabazi.

Ikindi aba banzi b’u Rwanda birengagiza ni uko na Leta zunze ubumwe za Amerika Rusesabagina abereye umuturage nazo zanenze “Politike y’imvururu” yakoraga ndetse ituma hari inzirakarengane z’Abanyarwanda zamburwa ubuzima imburagihe.

Ni mu gihe kandi Rusesabagina yahamije muri iriya baruya yandikiye Umukuru w’Igihugu ko agiye guca ukubiri n’iriya politike y’imvururu yari amaze igihe ashyize imbere agamije “guhirika” ubuyobozi Abanyarwanda bitoreye.

Ikindi gikomeye abagoreka imbabazi zahawe Rusesabagina na begenzi be birengagiza ni uko indishyi z’akababaro z’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 412 bari baraciwe zitakuweho aho bagomba kuziha abagizweho ingaruka n’ibitero byabo.

Aba banzi b’u Rwanda kandi bakwiye kumenya ko Rusesabagina bita “intwali” ashobora gusubirizwaho ibihano yari yarahawe mu gihe yaba asubiriye ibyaha yakoze, nk’uko bikubiye mu itegeko ryagendeweho afungurwa.

Mugenzi Félix

Exit mobile version