Abafana benshi ku isi bategerezanyije amatsiko imikino ya ½ ya Champions league, ni nyuma y’ aho imikino ya nyuma ya ¼ isize amakipe y’ibigugu mu irushanwa. Imikino yitezwe muri ½ cya Champions league, izaba hagati ya Manchester City na Real Madrid, hanyuma Inter Milan ihure na mukeba wayo AC Milan.
Pep Guardiola utoza ikipe ya Manchester City aheruka guhura na Ancelotti wa Real Madrid mu mwaka ushize wa 2022, aho nanone bahuriye muri ½ cya Champions league, icyo gihe Real Madrid yasezereye Manchester City ku giteranyo cy’ibitego 6–5. Abafana bategereje kureba ko Pep Guardiola azihorera cyangwa Ancelotti akisubiza ikuzo.
Undi mukino utegerejwe na benshi, ni umukino uzahuza amakipe y’amakeba yo mu Butaliyani hagati ya Inter milan na AC Milan bita “Derby della Madonnina”. Aya makipe yombi abarizwa mu mujyi w’ i Milan, ndetse bose basangiye ikibuga cya San Siro.
Izina “Madonnina” ryitirwe uyu mukino w’ano makipe y’amakeba rikomoka ku gishushanyo cya Bikira Mariya, cyashyizwe hejuru ya Katedrali ya Milan kigaragara uri kuri sitade ya San Siro.
Aya makipe kandi yaherukaga guhura mu irushanwa rya Champions league muri 2005.
Imikino ya ½ ibanza izaba ukwezi gutaha tariki ya 9/10 Gicurasi 2023 iyo Kwishyura riki ya 16 Gicurasi 2023.
Karemera Jean Luc

