MY250TV

Ikipe y’URwanda ya Volleyball mu bagore yabonye itike ya ¼ , Messi atwara igikombe cya mbere mu ikipe nshya, Espagne yegukana igikombe cy’isi, Chelsea ikubitwa inyundo ya kinubi; ibyaranze weekend ya Siporo

Muri iyi weekend ku tariki ya 19 na 20 Kanama 2023 hagaragayemo imikino itandukanye haba hano iwacu mu Rwanda ndetse no hanze yaho.

Dore uko byari byifashe duhereye mu Rwanda

Muri Volleyball

Ikipe y’igihugu y’URwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball yabonye itike yo gukina imikino ya ¼ mu igikombe cya Afurika cya Volleyball kiri kubera i Yaoundé muri Cameroun, nyuma yo gusoza imikino y’amatsinda ari iya kabiri , nubwo batsinzwe umukino wa nyuma na Maroc amaseti 3-2, ariko kubera ko yari yatsinze imikino 3 , inatsinda amanota menshi bituma iba iya kabiri nyuma ya Kenya, ikaba izahura na Algeria muri ¼

Muri Ruhago

Hano iwacu mu Rwanda Shampiyona y’u Rwanda “Rwanda Premier league 2023-2024” yatangijwe n’umukino w’ikipe ya Rayon Sport na Gasogi wabaye kuwa Gatanu tariki 18 2023, aho ikipe ya bafana benshi mu Rwanda Rayon sports yatsinze Gasogi ibitego 2-1, ibitego byose bya Rayon byatsinzwe mu gice cya mbere cy’umukino bitsinzwe na Charles Mbale ndetse na Yousef.

Indi mikino yabaye ku munsi wo ku cyumweru tariki ya 20 Kanama aho Police FC yatsinze Sunrise ibitego 2-0, Amagaju iganya na Mukura VS 1-1, Etoile De L’Est itsindwa na Musaze FC 4 – 1, naho Kiyovu inganya na Muhazi united 0-0.

Ku mugabane w’Iburayi

Igikombe cy’isi mu bagore cyari kimaze hafi ukwezi kose gikinirwa mu bihugu bibiri, aribyo Australia na New Zealand cyashyizweho akadomo cyegukanwa bwa mbere mu mateka n’igihugu cya Espagne gitsinze ikipe y’abongereza igitego 1-0. Naho umwanya wa gatatu wegukanwa n’ikipe ya Suede itsinze Australia ibitego 2 -0.

Messi Yegukanye igikombe cya mbere mu ikipe nshya

Messi yegukanye igikombe arikumwe n’ikipe ye ya Inter Miami cya mbere, batsinze ikipe ya Nashville kuri penalty 10-9, Messi yatsinzemo igitego.

Messi umaze ukwezi kumwe konyine ageze muri iyi kipe ya Inter Miami ibarizwa muri Leta zunze Ubumwe z’ Amerika, amaze gutsinda ibitego 10 mu mikino 7 ndetse amaze gutanga imipira 3 yavuyemo ibitego.

Muri shampiyona y’ubwongereza English Premier League

Amakipe arimo nka Chelsea na Manchester United yarandagajwe muri iyi weekend.

Ikipe ya Chelsea ifite abakinnyi benshi bashya yatsinzwe n’ikipe ya Westham United ibitego 3-1, mu gihe kuwa Gatandatu ikipe Ya Manchester United yatsinzwe na Tottenham ibitego 2-0. Manchester City ifite kino gikombe giheruka yo yatsinze ikipe ya Newacastle igitego 1-0.

Kuri uyu munsi tariki ya 21 Kanama 2023 saa tatu z’ijoro, Arsenal iraza kwakirwa n’ikipe ya Crystal Palace kuri stade ya Selhurst Park.

Karemera Jean Luc

Exit mobile version