Mu minsi ishize nibwo ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’Amaguru y’Ingabo z’u Rwanda (APR FC) bwemeje ko bongeye gusubira kuri gahunda yo gukinisha abanyamahanga nyuma y’imyaka igera ku 11 bakoresha abakinnyi beza b’Abanyarwanda.
Abanyamahanga APR FC imaze gusinyisha barimo Nshimirimana Ismael uzwi ku izina rya Pitchou akaba akomoka mu Burundi yayisinyiye amasezerano y’imyaka 2 avuye muri Kiyovu Sports.
Harimo kandi Taddeo Lwanga, uyu muri Uganda, uyu musore yakiniye amakipe nka Simba yo muri Tanzania, na Djibouti Telecom. APR FC kandi yasinyishije umunyezamu Pavelh Ndzila ukomoka muri Congo Brazzaville aho yasinye amasezerano y’imyaka 2.
Hari kandi Victor Mbaoma, ukomoka muri Nigeria wahawe amasezerano y’imyaka 2. APR yasinyishije Ndikumana Danny wakiniraga Rukinzo FC yo mu Burundi.
Uyu Ndikumana yari aherutse guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda. Iyi kipe yerekeje no muri Cameroon maze isinyisha Joseph Vianney Apam Mojahoun imivanye mu ikipe ya APAJES.

Karemera Jean Luc