Site icon MY250TV

Ibyo wamenya ku Mufaransa ugiye gutoza APR FC

Kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Nyakanga 2023 nibwo Thierry Froger, umutoza mukuru w’ikipe y’umupira w’amaguru y’ingabo z’u Rwanda (APR FC), yasesekaye mu Rwanda ari kumwe n’umutoza wugirije Karim Khouda.

Uyu Mufaransa w’imyaka 60 mbere y’uko atangira umwuga w’ubutoza, yakiniye amakipe atatu akomeye mu gihugu cye; nko mu mwaka wa 1978 yakiniye ikipe ya Lille, kuva 1986-1987 akinira ikipe ya Grenoble, Le Mans niyo yakiniye bwanyuma kuva 1987-1991.

Thierry Froger yatangiye gutoza mu mwaka wa 1994 nyuma y’imyaka itatu asezeye gukina umupira w’amagaru. Yatoje amakipe umunani yo mu Bufaransa arimo Lille na Le Mans yanakiniye, Châteauroux, Gueugnon, Reims, Nîmes, Vannes na Créteil.

Uyu mugabo yatangiye gutoza ku mugabane wa Afrika muri 2010, ikipe ya mbere yatoje ni iy’igihugu ya Togo, ninayo kipe y’igihugu amaze gutoza, gusa ntiyahagiriye ibihe byiza kuko mu mikino umunani yakinye, yatsinzwe imikino itanu aganya itatu.

Froger yatoze kandi ikipe ya TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusa yahamaje ukwezi kumwe, usibye TP Mazembe uyu mutoza yanatoje USM Alger yo muri Algeria na Arta/Solar7 yo muri Djibouti aherukamo.

Uyu mutoza n’umwugiriza we basimbuye Umunya-Tunisia Ben Moussa watwaye igikombe cya shampiyona nyuma yo kuyisigarana ubwo yari imaze gutandukana n’Umunya-Maroc Erradi Adil Mohammed.

Karemera Jean Luc

Exit mobile version