Ikipe ya Tottenham yatsinze iya Manchester United ibitego 2 – 0 ku munsi wa kabiri w’imikino ya shampiyona y’u Bwongereza (English Premier League).
Ni mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Kanama 2023 ubera kuri SItade ya Tottenham izwi nka ‘White Hart Lane’.
Umukino watagiye amakipe yombi akina umupira wihuta cyane, Manchester United niyo yabanje guhusha ibitego byabazwe mu gice cya mbere.
Ibyo bitego byahushijwe n’abarimo Marcos Rashford na Bruno Fernades barase ibitego basigaranye n’umuzamu wa Tottehnam Guglielmo Vicario.
Gusa nubwo Manchester ariyo yabanje guhusha ibitego, n’ikipe ya Tottehnam nayo yahushije ibitego byabazwe.
Hari nk’aho umukinnyi Pedro Porro yateye ishoti rifata ku giti cy’izamu nyuma y’amasecoda macye Tottehnam yongeye gutera ishoti rifata ku giti cy’izamu.
Tottenham yafuguye izamu ku munota wa 49, igitego cyatsinzwe n’umunya-Senegal ukuri muto Pape Matar Sarr nyuma yamakosa ya ba myugariro b’ikipe ya Manchester United.
Tottenham yaje kongera kubona igitego mu minota 10 ya nyuma cyitsinzwe na myugariro wa Manchester United Lisandro Martinez nyuma y’igitutu yari yokejwe n’abakinnyi ba Tottenham.
Mu yindi mikino ikipe ya Manchester City ufite igikombe cya Shampiyona y’umwaka ushize yatsinze Newcastle igitego 1-0, naho Liverpool itsinda AFC Bournemouth ibitego 3-1.
Karemera Jean Luc

