Site icon MY250TV

Perezida Ndayishimiye mu bucuruzi bw’abantu, ese ni iyihe sentare izomukubita intahe mu gahanga?

Amakuru yizewe agera kuri MY250TV arahamya ko Perezida w’u Burundi, Maj Gen Ndayishimiye Evariste “Neva”, abo mu muryango we kimwe na ba soma mbike be bo mu ishyaka rya CNDD-FDD basigaye bibera mu bucuruzi bw’abantu – icyaha kitihanganirwa na Leta hafi ya zose zo kuri iyi Si!

Muri ubu bucuruzi,abacuruzwa boherezwa cyane cyane mu bihugu byo mu burasirazuba bwo hagati aho ubu butegetsi businya amasezerano aremereye y’akayabo k’amafaranga buzinjiza nyuma yo kugurisha abo Barundi.

Imbarutso yo gukwirakwira kw’iyi nkuru ibabaje ni ibyabereye mu bitaro byitiriwe ‘Prince Regent’ ubwo umwe mu bigereye mu buruhukiro bw’imibiri (morgue), yatewe ubwoba n’ubwinshi bw’ibice by’imibiri y’Abarundi biharunze.

Si abasivili gusa ubutegetsi bwa Ndayishimiye bukomeza kugurisha ahubwo kugeza magingo aya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo habarurwa abasirikare ndetse n’abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro bagera ku bihumbi 10 yamaze kugurisha kuri Tshisekedi, aba bose bapfa nk’ibimonyo kubera gusa akayabo k’amadolari Ndayishimiye yishyuwe na Tshisekedi.

Uyu mugambi wuzuye ubunyamaswa bwa Ndayishimiye, awusohoza biciye mu ngendo akorera mu mahanga. Aho ubugome bw’uyu munyagitugu bubera ndengakamere ni ukubona ukuntu akenesha Abarundi akumva ntibihagije ahubwo akongeraho no kubacuruza.

Soma kandi: Perezida Ndayishimiye mu kwigwizaho ubutunzi bw’igihugu mu gihe Abarundi bicira isazi mu jisho

Nta gushidikanya ko akaga iyi ngoma mbi ya CNDD-FDD yashoyemo u Burundi ari wo muvumo ukomeye Abarundi bahuye nawo kuva u Burundi bwabaho.

Mu gihe umunyagitugu Ndayishimiye yamaze gufata bugwate igihugu aho ategeka buri rwego ku rw’ubucamanza, urwego rushyiraho amategeko n’uruyubahiriza, hari Abarundi bibaza sentare (urukiko mu Kinyarwanda) izomukubita intahe mu gahanga (izamuburanisha).

Gusa umupira uri mu biganza by’Abarundi ubwabo aho bagomba kwereka uyu munyagitugu wabo ko atari hejuru y’amategeko bagaharanira ko ibyaha adasiba kubakorera abiryozwa.

Ndayambaje Marc

Exit mobile version