MY250TV

Arsenal yanyagiye Everton, ikomeza gusiga Man City – AMAFOTO

Ikipe ya Arsenal “Visit Rwanda” ikomeje gushimangira ko inyotewe igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza (Premier Legue), nyuma yo gutsinda itababariye Everton ibitego 4 – 0.

Ni umukino w’ikirarane wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya Mbere Werurwe 2023, ubera kuri sitada ya Arsenal, Emirates Stadium.

Arsenal yashakaga gutsinda uyu mukino byibuze igakomeza kurusha amanota Manchester City na Manchester united, amakipe ayikurikira ku rutonde rwa shampiyona.

Igice cya mbere cyarangiye Arsenal imaze gutsinda ibitego 2, bitsinzwe na Bukayo Saka na Gabriel Martinelli. Naho mugice cya kabiri ibitego bya Arsenal byatsinzwe na Martin Odeegard na Martinelli watsindaga igitego cye cya kabiri muri uyu mukino.

Nyuma y’uyu mukino, mutoza wa Arsenal Mikel Arteta yabwiye itangazamakuru ati: “Ndanezerewe rwose kuko ari umukino twari dufite mu ntoki kandi twagombaga gutsinda byanze bikunze kuko twari tuzi ko bizatugora nabo duhanganye iyo tuza gitsindwa”.

Ku wundi mukino wabaye ikipe ya Liverpool nayo yatsinze Wolverhampton ibitego 2 -0, byatumye izamuka ku rutonde rwa shampiyona iba iya gatandatu n’amanota 39.

Kwihagana Jean Luc

Exit mobile version