Site icon MY250TV

Amashanyarazi abona umugabo agasiba undi i Burundi, mu gihe “Gen Neva” ayobya uburari mu nkuru mpimbano za “Edeni”

Hirya yo kuba ari cyo gihugu cya mbere gikennye ku Isi, u Burundi ni cyo gihugu cya mbere ku Isi mu kugira umubare munini w’abaturage batagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi aho by’umwihariko abawufite mu cyaro ari 2%.

Nikwigize André, impuguke mu by’ubukungu mu Burundi, atangaza ko n’Abarundi mbarwa bitwa ko bafite umuriro bamaze igihe kinini ntawo babona, nk’uko yabinyujije ku rukuta rwe rwa X.

Yagize ati:”Hashize igihe kinini Abarundi bugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi muri bo hakaba harimo n’abatuye mu mujyi wa Bujumbura. Ni ikibazo gikomeje gukomera ahanini bitewe n’ibura ry’ibikomoka kuri peterori ubu igihugu cyose cyugarijwe n’iki kibazo.”

Nikwigize akomeza avuga ko inzego zitandukanye zaba iza Leta ndetse n’iz’abikorera zitakibasha gutunganya imirimo yazo ya buri munsi kubera icyo kibazo.

Akomeza agira ati:”Nta mazi, nta tumanaho. Banki nyinshi zitangaza ko zitakibasha gutanga serivisi ku bazigana. Ibigo bya Leta bimwe byafunze imiryango, amavuriro yibera mu kizima kubera ko nta gitoro afite ngo ashyire mu mashini zitanga umuriro.”

“Mu mujyi wa Bujumbura, uduce twinshi twibera mu mwijima, inganda zirataka, abari batunzwe n’uturimo dusaba ko babona umuriro nka za salons de coiffure babuze ayo bacira n’ayo bamira. Nta n’icyizere bafite ko iki kibazo kizabonerwa umuti.”

Mu kwezi kwa 8 gushize, nibwo muri iki gihugu humvikanye inkuru y’impfu za hato na hato aho abibasirwaga cyane ari impinja ndetse n’abagore babaga baje kubyarakubera ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi.

Soma kandi: ‘Umuyagankuba’ ukomeje gushyira ku karubanda ubwambure bwa Sendagara ‘Gen Neva’

Nyamara Abarundi bararira ayo kwarika mu gihe uyu muyobozi wabarumbiye ariwe Gen Neva adasiba kumvikana yikomanga ku gatuza ko u Burundi ari Edeni, nta kibazo bufite.

Ndayishimiye yeruye ko adashishikajwe n’imibereho y’Abarundi, icyo akora ni ukubafungiraho imipaka ituma bahahirana n’abandi.

Ndayishimiye yeruye kandi ko azamena amaraso y’abana b’Abarundi agamije inyungu ze bwite.

Kuri we arota idorali ahabwa na sebuja Tshisekedi aho gutekereza uburyo yafasha abaturage be kwigobotora umusonga w’ubukene n’ibibazo yabashoyemo.

Biraro Erneste

Exit mobile version