Impunzi z’Abanye-Congo zikomeje gusaba amahanga gutegeka Tshisekedi kunamura icumu
Abanye-Congo baba mu nkambi zo mu Rwanda batangiye umwaka wa 2026 bamagana amagambo yuzuye amacakubiri n’urwango amaze igihe akoreshwa na bamwe mu bategetsi ba Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
Ni ibintu bakora banyuze mu myigaragambyo y’amahoro yagiye ibera mu nkambi n’iyabereye kuri uyu wa Gatatu ku itariki ya 7 mutarama 2026 kuri za Ambasade z’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Qatar, u Bufaransa, U Budage ndetse no ku biro by’amashami y’Umuryango w’Abibumbye.
Nsabumugabe Bosco uhagarariye impunzi z’Abanye-Congo mu nkambi ya Nyabiheke yagize ati:
“Dushaka kumenyekanisha umubabaro wacu, imvugo zikoreshwa dukurikije ijambo riherutse kuvugwa n’umuvugizi w’igisirikari ari we Gen Sylvain Ekenge kuri televiziyo y’igihugu ashimangira ko abagore b’Abatutsi bagomba kwicwa, iriya mvugo iraganisha n’ubundi kuri Jenoside”
Iyi myigaragambyo ibaye nyuma yuko bikomeje kugaragara ko leta ya Congo nubwo ivuga amahoro, ikaba ndetse yarashyize umukono ku masezerano y’amahoro i Doha, ariko ikomeje umugambi wayo wo gutsemba abo mu bwoko bw’Abatutsi, ibi bikaba bigaragazwa buri munsi n’imvugo zihembera urwango rwibasira Abatutsi, byongeye kandi zikavugwa n’abayobozi.
Kuba Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeza kwicwa si ubwa mbere byamaganwa n’impunzi z’Abanye-Congo kuko ubwicanyi leta ya Congo imaze igihe ibukora ndetse ikabufashwamo n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abakoze Jenoside mu Rwanda.
Soma kandi : Umu-Jenerali wa Tshisekedi yazuye ‘Amategeko 10 y’Abahutu’ ku manyway’ihangu!
Iigihe kirageze ngo inkoramaraso Tshisekedi n’abambari be bagezwe imbere y’ubutabera, bitabaye ibyo Abanye-Congo ubwabo bagomba kwishakamo igisubizo bagakuraho Leta igiye kubamarira ku icumu.
Ndayambaje Marc