Site icon MY250TV

Perezida Ndayishimiye yategetswe kurekura impunzi z’Abanye-Congo yafashe bugwate

Perezida Ndayishimiye Évariste umaze amezi abiri mu mitwe yo gucuruza impunzi z’Abanye-Congo zamuhungiyeho birangiye akamye ikimasa kuko yamaze gutegekwa kuzireka zigasubira iwabo.

Ni amakuru yamenyekanye kuri uyu wa 23 Gashyantare 2026. Ni nkuru yishimiwe n’impunzi zifungiwe mu nkambi zinyuranye zo mu Burundi aho bitangazwa ko abashaka gutahuka bagomba kubikora bitarenze ibyumweru bibiri biri imbere.

Ni amakuru kandi yanemejwe n’uhagarariye mu Burundi Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR), Madamu Brigitte Mukanga -Eno, aho yavuze ko bamaze kubimenyesha za Leta zombi bireba (iya Kinshasa n’iya Gitega).

Ibi bibaye nyuma gato y’aho Komiseri w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) ushinzwe gukemura amakimbirane n’ibikorwa by’ubutabazi, Hadja Lahbib, agiranye ibiganiro n’uyu mutegetsi w’i Gitega mu cyumweru gishize.

Iki cyemezo kandi kije gikurikirana n’ifungurwa ry’umupaka wa Gatumba kuri uyu wa 23 Gashyantare, umupaka Ndayishimiye yari yarinangiye gufungura nyamara yirengagije amarira y’impunzi zasabaga gutaha kubera ubuzima bukakaye zibayeho hirya no hino mu nkambi zibarizwamo mu Burundi.

Ni icyemezo gituma zimwe mu mpunzi ziyemeza gutoroka inkambi zikoresheje inzira zitemewe zirimo imigezi yuzuyemo inyamaswa z’inkazi, icyemezo gishyira mu kaga ubuzima bwazo nk’uko byagiye bigaragara ku mbuga nkoranyambaga.

Biraro Erneste.

Exit mobile version