Man Utd yatsinze mukeba basangiye umujyi – Uko umukino wagenze
Manchester United kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Mutarama 2023 yatsinze Manchester City, ikipe bisanzwe bibarizwa mu mujyi umwe wa Manchester ibitego 2 -1.
Ni umukino wabereye ku kibuga cya Manchester United, Old Trafford.
Umukino watangiye amakipe yombi akina neza nta gihunga ariko Manchester City niyo yari yihariye umupira nk’ibisazwe ariko na Manchester United wabonaga ikina imipira yihuta igana imbere bizwi nka “Counter attack”.
Nubwo kugera imbere y’izamu byari bigoye cyane ku mpande zombi kubera guhagarara neza kwa ba myugariro ba buri ruhande, Manchester United niyo yaremye uburyo bwishi bwo gutsinda igitego ariko ba myugariro ba Manchester city babyitwaramo neza.
Manchester city yaje gutsinda igitego cya mbere mu gice cya kabiri ku munota wa 60, gitsinzwe na Jack Glealich nyuma y’imonota 2 gusa asimbuye Phil Foden.
Manchester United FC yaje gukora impinduka ikura mu kibuga Christian Eriksen, ishyiramo Alejandro Garnacho waje kongera imbaraga mu busatirizi, kuko kumunota wa 78 ikipe ya Manchester united yaje kwishyura igitego cyitsinzwe na Bruno Fernandes.
Igitego cya Man U cyogereye ingufu abakinyi, kuko ku munota wa 78, Alejandro Garnacho yacenze ba myugariro, maze awushyira mu rubuga rw’amahina, Rashford wari uhagaze neza ahita atsinda igitego cya 2.
Ikipe ya Manchester city iri ku mwanya wa 2 muri Premier league n’amanota 39, irushwa n’ikipe yambere Arsenal amanota 5 n’aho Manchester United iri kumwanya wa 3 namanota 38.
Karemera Jean Luc