01-04-2026

Ibya Chelsea na Lampard bikomeje kuba agatereranzamba

0

Umukino wo kwishyura wa ¼ cya UEFA Champions league waberaga kuri Stamford Bridge iri joro ryakeye, aho Chelsea yari yakiriye ikipe ya Real Madrid warangiye, ikipe ya Chelsea itsinzwe ibitego 2-0, bisaga ibindi bitego bibiri yari yatsinzwe mu mukino ubanza, byayiviriyemo kubura itike ya ½ cya Champions League.

Ikipe ya Chelsea yatangiye umukino ifite ingufu nyinshi ndetse yashoboraga gusoza igice cya mbere ifite nibura ibitego 2, ari nabyo yasabwaga ngo biyigarure mu mukino ariko amahirwe abakinnyi bayo babonye harimo aya Ngolo Kante, wahushije ibitego bibiri byari byabazwe ariko ntiyabasha kubitsinda.

Ibitego bya Real Madrid byose uko ari bibiri byatsinzwe na Rodrygo, ufite imyaka 22, ukomoka mu gihugu cya Brazil, ku munota wa 58 ndetse n’ umunota wa 80.

Ikipe ya Chelsea iyobowe n’ umutoza Frank Lampard imaze iminsi ititwara neza nyamara niyo kipe yashoye akayabo kenshi mu kugura abakinnyi benshi muri mwaka umwe w’ imikino. Ni nayo kipe imaze guhindura abatoza batatu mu mwaka umwe w’ umukino. Frank Lampard ubu uyitoza amaze imikino ine atarabona intsinzi n’imwe.

Ku wundi mukino wari wabaye, ikipe ya AC Milan yanganyije na Napoli igitego kimwe kuri kimwe, AC Milan ikuramo Napoli ku bitego 2-1 mu mikino yombi.

Uyu munsi tariki ya 19 Mata 2023, ikipe ya Bayern Munich irakina na Manchester City naho Inter Milan Irakira Benifa.

Karemera Jean Luc

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *