04-04-2026

Basketball: Amakipe y’ibigugu agarutse i Kigali mu irushanwa rya BAL

0

Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball ku mugabane w’Afurika n’abafatanyabikorwa baryo baratangaza ko imyiteguro y’imikino ya BAL itegerejwe I Kigali bigeze kure, habura gusa ko itariki nyirizina yo gutangira igera.

Iyi mikino isoza irushanwa rya BAL, izatangira tariki ya 20 Gicurasi, ikaba izabimburirwa n’umukino uzahuza ikipe ihagarariye u Rwanda REG BBC izacakirana n’iya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri. Uwo mugoroba n’ubundi hazakurikiraho umukino w’ishiraniro uzahuza Stade Malien yo muri Mali na Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo.

Ku munsi ukurikiyeho,abakunzi b’umukino wa Basketball bazongera gususurutswa no gukurikira umukino uzahuza AS Douanes yo muri Sénégal na Ferroviário da Beira yo muri Mozambique, ni mu gihe Petro de Luanda yo muri Angola izaba itegerejwe mu mukino uzayihuza na ABC Abidjan yo muri Côte d’Ivoire.

Ku rubuga nkoranyambaga rwa Visit Rwanda ibarwa mu baterankunga b’iri rushanwa nyafurika, hashimangiwe ko imyiteguro igeze kure hasigaye gusa ko itariki igera ngo imikino nyirizina itangire kuri BK Arena.

Iyo tweet iragira iti: “Imikino ya nyuma y’irushanwa nyafurika rya BAL iregereje,aho amakipe 8 azesurana! Muzaze mwihere amaso ibirori by’iyi mikino izafungurwa ku ya 20 kuri BK Arena,”

Bongeye bati: “Twagiye Kigali”

Ni amakipe y’ibigwi bihambaye.

Amakipe aje guhatana mu mikino ya nyuma ya BAL azwiho ibigwi byo kwegukana incuro nyinshi ibikombe bya shampiyona mu bihugu aturukamo.

Iyitwa ABC Abidjan ni ikipe ikomoka mu gihugu cya Cote d’Ivoire, yashinzwe mu mwaka w’ 1997. Muri shampiyona yo muri icyo gihugu imaze kwegukana ibikombe 19, ikaba ari nayo yegukanye irushanwa ryo ku mugabane w’Afurika FIBA Afrique ryo mu mwaka wa 2005.

Ikipe ikomoka muri Angola, ari yo Petro de Luanda yo kugeza ubu ibarwaho ibikombe 16 bya shampiyona imaze kwibikaho byo muri iki gihugu.

Ferroviário da Beira ubundi bakunze kwita Railway Club Beira mu rurimi rw’icyongereza iyi ikomoka ahitwa Beira ho muri Mozambique. Ibarwa mu makipe y’ibikomerezwa muri shampiyona y’icyo gihugu yitwa Ligue Mozambicaine de basket-ball (LMB),incuro zigera kuri 3 imaze kwegukana ibikombe bya shampiyona.

Iyi kipe yitabiriye imikino ya BAL I Kigali, nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona haba mu mwaka ushize wa 2022 ndetse n’uyu wa 2023. Iyi kipe kandi hagati y’umwaka wa 2000 na 2010, yabashije kwitabira incuro zigera kuri enye irushanwa rihuza amakipe ya mbere iwayo ku mugabane w’Afurika (Coupe des clubs champions d’Afrique de la FIBA).

Iyi kipe yabonye izuba mu mwaka wa 1924, kuva yatangizwa yakomeje guhesha ishema igihugu icya Mozambique, ibikombe bya shampiyona ikaba imaze kubyegukana incuro zigera muri eshatu, byongeye kandi yanabashije kwitabira imikino y’irushanwa nyafurika mu mwaka wa 2018-2019.

Indi kipe y’ikigugu, inayoboye shampiyona mu Misiri, ubu ikaba igaragara mu makipe 8 yitabira iri rushanwa rya BAL hano mu Rwanda ni iya Al Ahly, imaze kwigwizaho ibikombe 6 by’irushanwa rya Super Ligue ryo mu Misiri, 11 bya shampiyona y’igihugu cya Misiri. Mu ruhando mpuzamahanga naho Al Ahly ubu ibarwa mu makipe yamaze kwegukana igikombe cyo ku mugabane w’Afurika cy’amakipe ya mbere iwayo gitegurwa na FIBA, iki gikombe yacyegukanye mu mwaka wa 2016, iza kwegukana n’irushanwa rihuza amakipe y’ibihugu by’abarabu mu mwaka wa 2021.

Ikipe ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa ari yo REG BBC, kugeza ubu nayo iri mu makipe amaze kwubaka igitinyiro cyayo muri shampiyona y’u Rwanda. Iyi mikino ya BAL iteguwe ku ncuro ya gatatu, biteganyijwe ko izabera kuri BK Arena ikazatangira ku ya 20 Gicurasi ikazasozwa ku ya 27 gicurasi uyu mwaka.

Ndayambaje Marc

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *