09-05-2026

Inkomamashyi za RNC ntizizi ko umwalimu mu Rwanda yazamuriwe umushahara ku kigero cya 88%

0

Abambari mbarwa umutwe w’iterabwoba wa RNC usigaranye bongeye kwiha amenyo y’abasatsi ubwo bamaraga amasaha kuri YouTube babeshya ababakurikira buhumyi ko Perezida Kagame “atigeze ateza imbere urwego rw’uburezi”.

Ibi byavugiwe mu kiganiro aba baja b’ikihebe Kayumba Nyamwasa baherutse gukora bibisira urwego rw’uburezi bw’u Rwanda, ibintu bavugaga bashingiye ku nkuru z’ibihuha bo ubwabo bahimbye kugira ngo babone ibyo bavuga gusa.

Umwe muri izo nkomamashyi za RNC witwa Serugendo Denys yateruye amagambo ashingiye ku cyuka gusa avuga ko “politiki y’uburezi y’u Rwanda idahamye” avuga ko aho kureba iyo politiki ahubwo hakwiye “kuvaho Perezida Kagame kuko aribwo hakwubakwa urwego rw’uburezi ruhamye”.

Ibi ni ibihuha bidafite ishingiro kuko Perezida Kagame ni we mahitamo y’Abanyarwanda cyane ko n’umusanzu akomeje gutanga mu kuzahura urwego rw’uburezi mu Rwanda ugaragarira buri wese aho by’umwihariko buri umwe ukora muri urwo rwego abimushimira.

Nk’urugero, mu mpinduka ku mushahara wa mwarimu zabaye umwaka ushize zagizwemo uruhare rukomeye n’umukuru w’igihugu, Paul Kagame, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’uburezi; abarimu bafite Impamyabumenyi ya A2 inyongera ku mushahara yabaye 88% by’umushahara basanzwe bahabwa.

Ni mu gihe abarimu bafite impamyabumenyi ya A1 na A0 bo bazongererwaho 40% by’umushahara umwarimu wo muri urwo rwego atangiriraho, kandi izi mpinduka ziratangira gukurikizwa guhera muri uku kwezi kwa Kanama.

Soma: Umushahara mushya wa mwalimu wavugishije amangambure abanzi b’u Rwanda

Si ibyo gusa kandi ibi byajyanye no kongera amafaranga leta ishyira muri Koperative Umwalimu SACCO nk’inkunga igamije gufasha mwarimu kurushaho kubaho neza no gutanga uburezi bufite ireme binyuze mu mibereho myiza.

Leta y’u Rwanda yagaragaje kandi ko ihoza ku mutima icyateza imbere abana b’uRwanda maze urwego rw’uburezi irucamo akajagari katerwaga na bamwe mu babyeyi.

Ababyeyi bakundaga kuremererwa n’amafaranga y’ishuri ariko aho hafashwe icyemezo cy’uko amashuri agira amafaranga y’ishuri ari ku rugero rumwe ibirengaho ababyeyi bakabyumvikanaho n’ishuri byorohereje bamwe mu babyeyi, igitutu kibagabanukaho.

Ibi bigarasha iyo bivuga wumva ari udutiku two gutera bakiyikiriza gusa, nk’ubu imwe mu ntambwe zikomeye urwego rw’uburezi rwateye harimo n’umwanzuro wo kongera gusibiza abatsinzwe, iki cyemezo kikaba nta kabuza kizamura ireme ry’uburezi.

Ukurikije amahitamo abanyarwanda bahuriyeho yo kunyurwa n’imiyoborere ya Perezida Kagame wemeza ko ibyo ibigarasha byishoyemo byo kuvuga ibinyoma gusa bigamije gusebya u Rwanda bitazabagwa amahoro.

Ndayambaje Marc

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading