01-04-2026

Tshisekedi nakemure ikibazo afitanye n’abavandimwe be bo muri AFC/M23, gutukana bya gishumba nta cyo biteze kumugezaho!

0

Perezida Tshisekedi umaze iminsi irenga 10 arwariye i Buruseli mu Bubiligi, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Kanama 2024, yiyeretse rubanda aho by’umwihariko yumvikanye atuka mugenzi we w’u Rwanda.

Byari mu kiganiro yahaye Top Congo FM, imwe mu maradiyo asanzwe acengeza amatwara y’ubutegetsi bwe – cyakozwe mu rwego rwo kongera kurema agatima Abanye-Congo bari bamaze iminsi babaririza niba yarapfuye cyangwa akiraho.

Ubwo yabazwaga ku bijyanye n’amasezerano y’amahoro ya Luanda aherutse kuganirwaho n’abaministiri bw’u Rwanda, Congo na Angola, uyu mugabo yashimangiye ko ngo atazigera ashyikirana n’umutwe wa M23.

Mu mujyinya mwinshi uyu mugabo wananiwe kuyobora igihugu cye yihutiye gutuka Perezida Kagame, no kuvuga ko:” Ntituzigera na rimwe dushyikirana n’umutwe w’iterabwoba wa M23, ahubwo nzahura (…) Kagame mubaze icyo ashaka ku baturage banjye.”

Si ubwa mbere uyu mutegetsi atukiye Perezida Kagame mu ruhame kuko yanabikoze umwaka ushize ubwo yiyamamarizaga kongera gutegeka Congo, aho yavuze amagambo menshi arimo ko azamuhirika gusa nyuma yaje kwisubiraho avuga ko atari akomeje.

Tshisekeni yananiwe kwemera ko M23 ari abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo, ahubwo kubera intege yemeye kurushwa imbaraga na bamwe mu bo bayoborana bashyize imbere amoko, ubusambo no gukorana n’umutwe w’iterabwo wa FDLR.

Mu mwaka wa 2019 Tshisekedi yagiranye amasezerano na M23 gusa yananiwe kuyubahiriza, kwirirwa ashyira mu majwi u Rwanda ni ikimenyetso cyo gutsindwa no kunananirwa kugarura amahoro no gucyura impunzi zabanyekongo zaheze ishyanga.

Mu bihe bitandukanye Tshisekedi yemereye abayobozi bagenzi be bo mu karere ko M23 ari Abanye-Congo, ariko iyo ageze imbere y’itangazamakuru abeshya uwo mutwe “utabaho ko ahubwo ari u Rwanda”.

Ku rundi ruhande M23 yo ikomeje gufata uduce twinshi two mu Burasirazuba bwa Congo ndetse ikanacishamo igacyura impunzi kuko aho izicyura hatekanye kurusha ahandi.

Tshiskedi akwiye kureka kwitwara nk’umushumba utararezwe, akayoboka inzira y’ibiganiro kuko uko akomeza kunangira nibyo biha imbaraga M23.

Mugenzi Félix

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *