09-09-2026

Gashoza ntambara Tshisekedi yiyegereje Tshiwewe nk’umujyanama we mu bya gisirikare— Gusa si wo muti!

0

Kuri uyu wa kane kuri televiziyo y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hatangajwe ko Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare aho  uwari umugaba mukuru wa FARDC jenerali Tshiwewe Songesha Christian yagizwe umujyanama wa Tshisekedi mu bya gisirikare

Izi mpinduka zikozwe mu gihe igisirikare cya Tshisekedi gikomeje gutakaza uduce dutandukanye mu ntambara bahanganyemo na M23-AFC. Uku kwiyegereza Tshiwewe kwa Tshisekedi bikaba biri mu rwego rwo kwisuganya ngo harebwe uko Tshisekedi yagaba ibitero kuri M23-AFC nyuma y’aho aviriye I Luanda yimyiza imoso.

Iyi mivuno ya Tshisekedi yo gushoza intambara ihabanye kure n’ umugambi wo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo; cyane ko Tshisekedi yagiriwe inama n’inzego zitandukanye haba inama z’i Nairobi ndetse na Luanda muri Angola, aho yasabwe kugirana ibiganiro n’abanyecongo bagize umutwe wa M23-AFC ariko atera utwatsi izo nama.

Muri macye, mu gihe nk’iki Tshisekedi yashobewe abasirikare be bakaba bari gupfa nk’ibimonyo, uduce twinshi tukigarurirwa na M23, Tshisekedi akwiye kumenya ko kuba ibyemezo bye byose bifata ubusa ari umuvumo wo kuba yarinjije inkoramaraso z’abajenosideri ba FDLR mu gisirikari cye ndetse akaba yanga ibiganiro na M23, bityo mu gihe cyose akomeje kwinangira ntiyumve inama agirwa z’ibiganiro bigamije amahoro azahora atsindwa ndetse M23-AFC ikomeze yigarurire uduce dutandukanye twiyongera ku two imaze igihe yarigaruriye.

Ndayambaje Marc

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading