Hagaragaye undi mugabo Ingabire Victoire yogeje mu bwonko
Uwitwa Mutarambirwa Theobald umaze iminsi micye asoje igifungo cy’imyaka itanu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo icy’iterabwoba, yatangiye gucuruza ku mbuga nkoranyambaga icengezamatwara ry’umuhezanguni Ingabire Victoire Umuhoza.
By’umwihariko, Mutarambirwa kuri iki Cyumweru tari ya 27 Mata 2025 yagaragaye ku muzindaro rutwitsi wa Ingabire ari gusubiramo ijambo ku rindi imvugo nyirabuja asanzwe akoresha iyo yiyita “umunyapolitike utavuga rumwe n’ubuyobozii bw’u Rwanda”.
Mu byo uyu mugabo yavugaga yageragezaga guhanagura ubusembwa bwa nyirabuja Ingabire ari nako yeza umutwe w’iterabwoba wa FDLR – ibintu bikwiye gutuma akurikiranwa mu maguru mashya.
Mutarambirwa wemeye kuba igikoresho cy’umuhezanguni Ingabire akwiye kuzirikana ko nta wifurije inabi u Rwanda ngo bimugwe amahoro, akwiye kandi kumenya ko nakomeza kwemera kuba igikoresho cy’uyu mugore w’umugome azaba ashimangira ko ari ikirayi kiboze gikwiye gukurwa mu bindi.
Uyu Mutarambirwa yari umufatanyacyaha na Ntaganda Bernard ubwo hashingwaga agatsiko k’abahezanguni kitwa PS Imberakuri, mu gihe mugenzi we yaryozwaga ibyaha n’ubutabera Mutarambirwa yarahunze ajya kwishora mu bikorwa by’iterabwoba akorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN n’iyindi itandukanye ari nabyo byatumye afungwa.
Ndayambaje Marc