09-06-2026

Uwabaye Visi-Perezida w’u Burundi yasiramuye nta kinya Sendagara “Gen Neva” na ba somambike be bo muri CNDD!

0

Bamvuginyumvira Frédéric wabaye mu nzego nkuru z’ubutegetsi mu Burundi yatangaje ko kuva CNDD-FDD yafata ubutegetsi muri icyo gihugu yashyize imbere bujura, inda nini no kutanyurwa byagiye bikurura ubwicanyi mu bishyitsi byayo, ibyo we yise “Ubumuga bwanze gukira”.

Byari mu kiganiro Bamvuginyumvira wabaye Visi-Perezida w’u Burundi hagati y’umwaka wa 1998 n’uwa 2001 aherutse kugirana na kimwe mu bitangazamakuru byo mu Burundi.

Yagize ati:”Ubumuga bwabo, ni ubumuga bw’abajura.Burya abajura iyo bibira hamwe hakagera ko bagabana ibyo bibye ntabwo bumvikana ahubwo hagati yabo baricana”

Bamvuginyumvira yatanze urugero rw’uburyo hari itsinda ry’aba DD bari baragenwe ngo rihagarariwe CNDD-FDD mu masezerano ya Arusha aho Perezida Nelson Mandela yabigizwemo uruhare rukomeye nk’umuhuza nyamara ubu hakaba hasigaye mbarwa muri bo nyuma y’aho bafatiye ubutegetsi mu 2005.

Yunzemo ati: “Hari abantu batandatu bahoraga bitabira ibiganiro muri Afurika y’Epfo bose bahagarariye CNDD-FDD. Uwa mbere ni [Hussein] Radjabu, uwa kabiri yari Nkurunziza, uwa gatatu yari Simoni Nyandwi, uwa kane yari Adolphe Nshimirimana, uwa gatanu yari Bunyoni Alain Guillaume, uwa gatandatu yari uriya uri ku butegetsi Évariste Ndayishimiye.”

“Hasigaye bande? Abo bantu bamaze gupfa bicana hagati yabo, nta muntu wo hanze yishe n’umwe muri bo. Icyo ni ikiranga abajura kuko baricana iyo hageze ko bagabana.”

Urugero rwa vuba rw’umubano mubi hagati ya mbarwa mu bisahiranda byo muri CNDD-FDD ni icyuka kibi kimaze iminsi hagati ya Perezida Ndayishimiye na Ndikuriyo aho kuva 2026 yatangira, aba bombi bagiye bumvikana mu mvugo zicyocyorana.

Biraro Erneste

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading