10-06-2026

Impunzi z’Abanyekongo ziri muri Kenya nazo zamaganye ubwicanyi buri gukorerwa bene wabo ku ivuko

0

Impunzi z’Abanyekongo zimaze imyaka irenga 25 mu kambi zo muri Kenya zandikiye amahanga zamagana ubwicanyi bw’indengakamere bukomeje gukorerwa bene wabo basigaye muri Congo bavuga ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ibi bije bikurikira imyigaragambyo y’amahoro bagenzi babo bari mu nkambi zinyuranye hirya no hino mu Rwanda bakoze mu kwezi gushize nabo bamagana buriya bwicanyi buri gukorerwa bene wabo.

Ubwo impunzi z’Abanyekongo zakoraga iyo myigaragambyo mu Rwanda, Leta ya Congo binyuze mu muvugizi wayo Patrick Muyaya yahise yihutira kuvuga ko izo mpunzi “zakoreshejwe na Leta y’u Rwanda”.

Ni imvugo Abanyekongo ubwabo bamaganye aho kuri iyi nshuro abantu bahise bibaza niba nanone ari u Rwanda rwabwiye mpunzi z’Abanyekongo ziri muri kenya kwigaragambya.

Leta ya congo kandi binyuze mu baministiri bayo yagiye ivuga ko ngo nta mpunzi z’abanyekongo ziri mu Rwanda mu gihe habarirwa izirenga ibihumbi 80.

Impunzi z’Abanyekongo ziri muri Kenya no mu Rwanda zihuriza ku gusaba Umuryango Mpuzamahanga ko wareka kurenza ingohe ubwicanyi bukomeje gukorerwa bene wabo bavuga ikiyararwanda ndetse nuko zafashwa gusubira iwabo dore ko zibangamiwe no kuba zimaze imyaka myinshi mu buhungiro kandi zifite igihugu cy’inkomoko.

Izi mpunzi zivuga kandi ko kuba zimaze iyi myaka yose mu buhungiro biterwa no kwamburwa uburenganzira bw’ibanze nk’aho bamwe mu banyapolitiki bo muri Congo, sosiyete sivile n’itangazamakuru batemera ko ari Abanyekongo nka bo.

Izi mpunzi z’Abanyekongo ziri muri Kenya zamenyesheje kandi  ibihugu byo mu karere n’Umiryango Mpuzamahanga ko imitwe yitwaje intwaro y’Abanyekongo na FDLR ikomoka mu Rwanda ikomeje kugaba ibitero ku Batutsi mu ntara za Kivu bagahunga  bagasiga ingo zabo n’imitungo yabo.

Mugenzi Félix

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading