25-05-2026

UEFA Champions league: Erling Haaland wa Man City yakuyeho agahigo kari gafitwe na Kylian Mbappe

0

Erling Haaland, umusore ufite imyaka 22 ukinira ikipe ya Manchester City mu ijoro ryakeye yinjije ibitego bitanu muri birindwi ikipe ye yatsinze RB Leipzig yo mu Budage mu marushanwa y’amakipe y’i Burayi yabaye aya mbere iwayo (UEFA Champions league).

Uyu musore yahise akuraho agahigo kari gasanzwe gafitwe na Kylian Mbappe nawe ufite imyaka 22 kuko ku myaka 22 n’iminsi 236 ubu Haaland afite ibitego 33 mu mikino 25 ya Champions League.

Ni mu gihe Mbappe we yinjije biriya bitego ku myaka 22 n’iminsi 352, ni mu gihe kandi Haaland we yihariye kuba muri biriya bitego harimo bitatu yatsinze mu gice cya mbere.

Haaland kandi abaye umukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi muri Manchester City muri season imwe kuko mu mikono 36 amaze kwinjizamo ibitego 39, akuraho agahigo kari gafitwe na Tommy Johnson w’imyaka 94 watsinze ibitego 38 muri season imwe.

Uyu mukinnyi kandi yabaye uwa gatatu utsinze ibitego bitanu mu mukino umwe muri Champions league, nyuma ya Lionel Messi wabikoze atsinda Bayern Leverkusen muri 2012 ndetse na Luiz Adriano wabikoze atsinda ikipe ya Shakhtar Donetsk muri 2014.

Undi mukino wabaye Inter Milan yo mu Butaliyani yasezereye FC Porto yo muri Portugal ku giteranyo cy’igitego 1 – 0 nyuma y’uko ikipe zombi zinganyije ubusa ku busa muri Portugal.

Karemera Jean Luc

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading