APR FC na Arsenal zongereye amahirwe yo gutwara shampiyona, Chelsea yirukana umutoza: Ibyaranze ruhago muri weekend (AMAFOTO)
Shampiyona y’u Rwanda ndetse na za shampiona zikomeye ku Mugabane w’u Burayi zarasubukuwe nyuma y’imikino mpuzamahanga y’ibihugu yabaye hagati y’amatariki 20 – 27 Werurwe 2023.
Mu mpera z’iki cyumweru kirangiye hagaragaye udushya twinshi harimo aho amakipe akomeye yanyagiwe imvura y’ibitego ndetse no kwirukanwa kw’abatoza.
APR ikomeje kuyobora
Ikipe ya APR FC ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiona y’u Rwanda nyuma yo gutsinda Bugusera FC ibitego 2 – 1, maze ikomeza gusiga Rayon Sports n’amanota 6 yose.
APR ifite amanota 52, igakurikirwa na Kiyovu ifite 50, Rayon sports ikaza ku mwanya wa gatatu n’amanota 46.

Rayon sports na Gasogi zanyagiwe imvura y’ibitego
Hakinwe imikino y’umunsi wa 25 wa Shampiyona aho Police FC yanyagiye Rayon sports ibitego 4 – 2, igice cyambere cyari cyiza cyane kumpande zombie, cyaragiye ari ibitego 2 -2, mu gice cya kabiri Police yaje yariye karungu ishyiramo ibindi bitego 2 ku monota wa 79 n’umunota wa nyuma.
Mu yindi mukino ikipe ya Étincelles FC nayo yanyagiye ikipe ya Gasogi United ibitego 5 – 1.

Arsenal ikomeje gusatira igikombe
Ikipe ya Arsenal iri gushimisha abafana bayo muri iyi minsi yongeye gutsinda umukino wayo aho yanyagiye Leeds United ibitego 4 – 1 maze ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Bwongereza n’amanota 72 aho irusha Manchester City amanota umunani.


Man City yanyangiye Liverpool
Mu mukino ukomeye wahuje Liverpool na Manchester City benshi bafataga nk’umukino wa weekend Liverpool yatsindiwe mu rugo ibitego 4 – 1 nyamara ari yo yari yarebye mu izamu bwa mbere.

Man United yambuwe umwanya wa 3
Ni umukino wabaye kuri iki Cyumweru utangira saa kumi n’imwe n’igice, Newcastle niyo yari yakiriye Manchester United ku kibuga cya St. James’ Park, amakipe yombi arwanira umwanya wagatatu, gusa Manchester united yahahuriye n’uruva gusenya maze itsindirwa ibitego 2 – 0, byatumye Newcastle iyambura umwanya wa gatatu.
Umutoza wa Chelsea na Lecester beretswe umuryango
Nyuma y’uko Chelsea FC itsinzwe na Aston Villa ibitego 2-0 ku kibuga cyayo Stamford Bridge, Umuherwe wa Chelsea FC Toddy Boehly yahise asezerera Umutoza wayo mukuru, Graham Potter, wari uyimazemo amezi asatira arindwi. Chelsea FC igiye kuba itozwa by’agateganyo na Bruno Saltor.
Graham wirukanwe asize Chelsea FC ku mwanya wa 11 n’amanota 38. Mu mikino 31 yayitoje yatsinzemo 12, atsindwa 11, anganya umunani.
Nyuma yo guserezerwa ku mutoza wa Chelsea, Lecester City nayo yasezereye umutoza wayo Brendan Rodgers nyuma yo gustindwa na na Crystal Palace ibitego 2 – 1, ihita ijya mu myanya wa 18 ku rutonde rwa shampiyona.

Karemera Jean Luc