06-04-2026

UEFA Champions League: Manchester City yahaye isomo rya ruhago Real Madrid

0

Wari umukino wo kwishyura wa 1/2 w’Igikombe cy’amakipe yitwaye neza iwayo UEFA champions league, aho Manchester city iwayo yaje kunyagira ikipe ya Real Madrid itayibabaririye ibitego 4-0, ibona itike yo ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 5-1.

Manchester city yaje izi neza ko itagomba kongera gukora amakosa nkayo yakoze umwaka ushije muri 2022 muri 1/2, aho yakurwagamo n’iyi ikipe ya Real Madrid ku giteranyo cy’ibitego 6-5.

Manchester City yinjiye mu mukino iri hejuru cyane kurusha ikipe ya Real Madrid ndetse ubona ko inanyotewe intsinzi. Manchester City yaje kubona igitego cyabo cya mbere gitsinzwe na Bernardo Silva ku munota wa 23, giturutse mu guhanana kw’abakinnyi ba Manchester City. Bernardo Silva yaje kubonera Manchester City ikindi gitego cya kabiri ku munota wa 37, igice cya mbere kirangira ari ibitego 2-0.

Igice cya kabiri cyatangiye ikipe ya Real Madrid iri gukina neza ishaka kwishyura ibitego yari yatsinzwe ariko biba iby’ ubusa kuko baje kunyabikwa igitego cya gatatu ku munota wa 76 gitsinzwe na myugariro wa Manchester City, Manuel Akanji, igitego cyaturutse ku mupira w’umuterakano watewe na Kevin De Bruyne.

Real Madrid yakomeje gushaka uburyo yakwishyura kuko yaje gusimbuza ikuramo Rodryigo, Toni Kross, Eduardo Camaviga na Luca Modric ishyiramo Marco Asensio, Lucas Vazquez, Aurelien Tchouameni, Dani Ceballos na Antonio Rudiger, ariko bikomeza kwanga. Ku munota wa nyuma Julian Alvarez yaje gutsinda igitego cya kane cya Manchester City.

Umukino wa nyuma uzahuza ikipe ya Manchester City na Inter Milan yo mu Butaliyani, uzaba ku itariki ya 10 Kamena 2023, ukazabera kuri Stade yo muri Turikiya Atatürk Olympic Stadium.

Karemera Jean Luc

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *