01-04-2026

Ingabire Victoire nareke gucurangira abahetsi, urubyiruko rw’u Rwanda ntiruteze kwimwiyungaho!

0

Umuhezanguni Ingabire Victoire yongeye kumvikana yigize miseke igoroye, by’umwihariko yigaragaza nk’umuntu ushishikajwe n’iterambere ry’urubyiruko rw’u Rwanda nyamara bizwi neza ko ari ikirura kiyambika uruhu rw’intama. 

Ibyo uyu mugore wihebeye amacakubiri n’iterabwoba yabigaragaje kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kanama 2024 ubwo mu Rwanda n’Isi muri rusange hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe urubyiruko.

Mu butumwa yacishije ku mbuga nkoranyambaga, uyu muhezanguni utifuriza ineza u Rwanda n’Abanyarwanda, yumvikanishije ko Leta y’u Rwanda yananiwe kwita ku rubyiruko ndetse ko nta n’ingamba zihamye zashyizweho zigamije kurukura mu bukene.  

Muri iryo cengezamatwara ridafite epfo na ruguru umuhezanguni Ingabire yifashishaga raporo za baringa zanditswe n’abayoboke be ndetse n’imiryango yise mpuzamahanga itazwi avuga ko “umubare munini w’urubyiruko udafite imirimo ndetse ngo ko bafite ubukene bubugarije.”

Yavuze ibyo yirengagije ko uko imyaka ishira ingamba zo guteza imbere urubyiruko ziyongera ndetse n’ababona imirimo mishya nabo bakiyongera. 

Uyu muhezanguni yirengagiza kandi ingamba leta yashyizeho zirimo amahirwe menshi yo guteza imbere urubyiruko yaba mu kurufasha kwihangira imirimo binyuze mu nguzanyo bahabwa n’ikigega BDF ndetse n’izindi gahunda zirimo Youth Connect, Art Rwanda Ubuhanzi, n’izindi zitandukanye.  

Soma kandi: Uburyo Leta y’u Rwanda yashyize urubyiruko kuri ‘table d’honneur’ mu myaka 28 ishize

Biteganyijwe ko umubare w’urubyiruko rudafine imirimo uzagabanuka cyane muri manda nshya, aho hazajya hahangwa imirimo irenga ibiumbi 200 buri mwaka ku rubyiruko ndetse n’abagore.

Indashima Ingabire gufata imbaraga zose zishyirwaho na leta akazikuba na zero nyamara we yirirwa yohereza urubyiruko mu mashyamba ya Congo ni amayeri yibeshya ko atazwi kandi azwi n’abantu bose.

Ni byo bituma uko yigira miseke igororye ashaka gukoresha urubyiruko ndetse no kuruyobya bidateze kumuhira kuko urubyiruko rw’u Rwanda ruzi uwaruhaye amata bityo ntibateze kumwima amatwi.

Amayeri y’uyu mugore w’umugome yo gushaka kuyobya urubyiruko arazwi, ariko ntateze kumuhira. Nasubize amerwe mu isaho!

Muvunyi Balthazar

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *