04-04-2026

Interahamwe, ibigarasha n’abamize bunguri icengezamatwara rya Tshisekedi bakubiswe n’inkuba!

0

Kuva aho Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’Abanye-Congo bayirwanya bibumbiye mu mpuzamashyaka ya AFC/M23 basinye amasezerano y’agahenge i Doha ku wa 14 Ukwakira 2025, Interahamwe n’ibigarasha babuze ayo bacira n’ayo bamira.

Ni mu gihe abo banzi b’u Rwanda bamaze igihe baramize burunguri icengezamatwara ry’ubutegetsi bwa Tshisekedi uvuga ko AFC/M23 “ntibaho” ako ahubwo “ari u Rwanda”.
 
Isinywa ry’aya masezerano rirasenya ku buryo budasubirwaho icyo kinyoma kidashinga cyamizwe n’interahamwe, abajenosideri, ibigarasha n’abandi batifuriza ineza u Rwanda.

Iki gikorwa gishimangira kandi ko na Tshisekedi yemeye ko arwana n’abavandimwe be b’Abanye-Congo mu gihe abanzi b’u Rwanda bo basigaye bameze nka cya kirondwe cyumwiye ku nka kandi yarariwe cyera!

Intambara yayogoje uburasirazuba bwa Congo ni iy’Abanye-Congo ubwabo ndetse ishingiye ku bibazo by’imiyoborere mibi yamunze Congo.

Ndayambaje Marc

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *