Abajenosideri bafungiwe muri Benin bakomeje gupfa umusubirizo
Ndindabahizi Emmanuel wabaye Minisitiri w’Imari mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yiyongereye ku bandi bajenosideri kabombo bapfiriye muri gereza zo muri Benin.
Inkuru y’urupfu rw’uyu mujenosideri yamenyekanye kuri uyu wa 15 Ukwakira 2025 nyuma y’iminsi 11 apfuye dore ko umuryango we wabanje kugira ibanga uru rupfu kugeza rutangajwe na Boubacar M. Tambadou, ukora mu Rwego Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT).
Urupfu rwa Ndindabahizi ruje rukurikira urwa muramu w’umunyagitugu Habyarimana Juvenal “Kinani”, Protais Zigiranyirazo, waguye muri Niger ariko akaba yarabuze aho ashyingurwa cyane ko u Bufaransa umuryango we wifuzaga ko ashyinguramo bwawuteye utwatsi.
Uyu mujenosideri wapfuye akomoka mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ari naho ibyaha yahamijwe yabikoreye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ndindabahizi yahamwe n’ibyaha bya Jenoside ndetse n’ibyibasiye inyokomuntu, bikaba ari nabyo byamuviriyemo gukatirwa igifungo cya burundu mu mwaka w’2004.
Soma kandi : Undi mujenosideri kabombo wari Somambike wa “Kinani” YAPFUYE!
Muri Benin uyu mujenosideri yari afunganywe n’abandi bajenosideri barimo Aloys Simba nawe waguye muri gereza imwe nawe mu mwaka wa 2023.
Yafunganywe kandi na Rutaganda Aderson Georges we yayiguyemo mu mwaka wa 2010, Barayagwiza Jean Bosco nawe yayiguyemo mu mwaka wa 2010, Seromba Athanase, Karera François, Kajelijeli Juvenal, ,Ntakirutimana Gerard na Rugambarara Juvenal.
Ndayambaje Marc