25-05-2026

Sendagara “Gen Neva” ku gikanu cy’abatunze ‘sitasiyo’ z’igitoro abaziza kudateza imbere umugore we!

0

Kuri uyu wa 23 Ukwakira ubwo yari imbere y’abaturage ba Bugendana ho mu ntara ya Gitega, Perezida Ndayishimiye yumvikanye mu mvugo ihishura ko afite umugambi wo kwambura abaturage sitasiyo z’ibikomoka kuri peterori [igitoro] abashinja kuba baranze guteza imbere sosiyete y’umugore we izwi nka SOPEBU.

Yagize ati:”Nimwibaze umuntu mubwira ngo ngwino urangure igitoro maze agahita akubwira ko nta mafaranga afite? Sawa, iyo sitasiyo turahita tuyitwara tuyigire iya Leta hanyuma aho uzashakira gucuruza igitoro uzahita uza tugusubize sitasiyo yawe kuko nta bundi buryo.” 
 
Abakurikiranira hafi imyitwarire na gahunda by’uyu mu “DD” mukuru uyoboye u Burundi, bemeza ko ibi byose nta kindi bigamije kitari gushaka gushimuta amahirwe yose yahaga abarundi umugati akayashyira mu maboko ye n’agatsiko ke.


Soma kandi: Burundi: Perezida Ndayishimiye wagwatiriye igitoro umenya ashaka ko Abarundi barwara bwaki nk’ iyo yarwariye mu ishyamba


Iyo SOPEBU avuga ko ifite igitoro ni ishyirahamwe yashyiriyeho umugore we Ndayubaha kugira ngo bakomeze bigwizeho umutungo. Ni ryo shyirahamwe rukumbi ryahawe uburenganzira bwo kwinjiza no gucunga igitoro mu Burundi
 
Nyamara ntirisiba kumvikana ryinubirwa n’Abarundi bakoresha igitoro kubera imikorere yuzuyemo amanyanga akomeye cyane.


Biraro Erneste

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading