08-04-2026

Kwa Sendagara ‘Gen Neva’ amashuri arafungwa umusubirizo kubera Cholera

0

Ishuri ryisumbuye ryigisha imyuga rya ETS Kamenge riri mu Burundi ryafunze imiryango kubera icyorezo cya Cholera, abanyeshuri barenga ijana ni bo bamaze kwandura, abenshi bararembye mu gihe hari n’abamaze gupfa.


Ku ruhande rumwe ni amakuru mu by’ukuri ababaje ariko ni n’igisebo ku gihugu cyitwa ko gifite ubuyobozi.


Iri shuri ribarizwa rwagati mu mujyi wa Bujumbura rimaze igihe kitari gito rihanganye n’ikibazo cy’ibura ry’amazi meza, impamvu ikurura umwanda nk’inzira nyamukuru iyi ndwara yanduriramo.


Si muri Bujumbuira gusa havugwa iki cyorezo cya cholera dore ko ubu uturere 12 mu tugize u Burundi twugarijwe.


Imibare itangazwa na Minisiteri y’ubuzima mu Burundi yemeza ko kuva uyu mwaka wa 2025 watangira, muri icyo gihugu hagaragaye abarwayi ba Cholera bagera ku 1012 ndetse ngo benshi muri bo yarabahitanye.


Soma kandi: Burundi: Cholera iri kugarika ingogo, indi gihamya ko “Edeni” ya Ndayishimiye ari igihuha!


Kuva yagera ku butegetsi mu 2005, CNDD-FDD yananiwe kugira icyo imarira abaturage kugera aho ubu bari kwicwa umusubirizo n’indwara ziterwa n’umwanda.


Biraro Erneste

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *