‘Gen Z’ y’u Rwanda ifitanye igihango n’Inkotanyi, Interahamwe n’ibigarasha muribeshya cyane!
Abanzi b’u Rwanda bihishe hirya no hino ku Isi barangajwe imbere n’interahamwe, abajenosideri n’ibigarasha muri iyi minsi bakomeje gucika ururondogoro ku mbuga nkoranyambaga ngo barashishikariza urubyiruko rw’u Rwanda kwigaragambya rwamagana ubuyobozi buriho.
Ibyo ni ibibaye nyuma y’uko hamaze iminsi hadutse imyigaragambyo ikomeye cyane muri Tanzania nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu aho abaturage biganjemo urubyiruko bamagana icyemezo Leta yafashe cyo gufunga abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bikababuza guhatana na Perezida Samia Suluhu Hassan.
Ubwo rero nibwo izo mburamukoro zahise zitangira gucurangira abahetsi, mu bujiji bwinshi bwuzuye kutamenya zivuga ko urubyiruko rw’u Rwanda rukwiriye kurebera ku bandi ubundi narwo rukigarambya ngo rwamagana icyo zise “ubutegetsi bw’igitugu bwa Perezida Kagame”.
Ikintu ahanini gituma Interahamwe n’ibigarasha basakaza ubwo burozi ni ukubera umujinya n’ishyari baterwa no kubona urukundo urubyiruko rw’u Rwanda rukunda Perezida Kagame bitewe naho yakuye u Rwanda aho rugejeje, icyo ni ikintu kibarya cyane.
Urubyiruko rw’u Rwanda ruhamya ko rushyigikira ubuyobozi bw’u Rwanda burangajwe imbere na Perezida w’u Rwanda kubera ko rwizerera mu mushinga we wo kubaka u Rwanda ruzima, kandi ko rumushyigikira kubera ko kuri we imvugo ari yo ngiro.
Izi nterahamwe kandi zirengagiza ko urubyiruko rwahawe amahirwe biciye mu buhinzi, mu ikoranabuhanga, guhanga udushya n’ibindi byinshi kugira ngo rurusheho kwiteza imbere.
Ikindi kandi urubyiruko rwagiriwe icyizere na Leta aho kugeza ubu ruri mu myanya ifata ibyemezo. Ubu urubyiruko rufite abaruhagarariye kuva k’urwego rw’umudugudu kugera mu nteko ishinga amategeko no muri za minisiteri.
Ntabwo urubyiruko rufite umwanya wo kwirirwa rwigaragambya kuko rwo rufite ubuyobozi burwumva kandi ruzi ikirukwiriye rutiriwe rusakuza.
Urubyiruko rw’u Rwanda ruzi kandi uwo Perezida Kagame ariwe kurusha izo nterahamwe n’ibigarasha birirwa bamokera iyo mu myobo mu mahanga.
Izo nterahamwe n’ibigarasha nta rukundo bafitiye urubyiruko ahubwo bo bifuza ko ruteza akaduruvayo rugasenya ibyagezweho.
Kubona urubyiruko rw’u Rwanda rwigaragambya nk’uko mu bindi bihugu by’amahanga bigenda ngo ni ingirwademokarasi, ni inzozi Interahamwe n’ibigarasha badateze gupabya.
Mukobwajana Linda