APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya 21 – AMAFOTO&VIDEO
Ikipe y’ingabo z’igohugu, APR FC, kuri iki Cyumweru tariki 28 Gicurasi 2023 yegukanye igikombe cya shampiyona y’ umupira w’amaguru mu Rwanda muri uyu mwaka itsinze Gorilla FC ibitego 2 -1 kuri Kigali Pele Stadium.
Ni umunsi wa nyuma wa shampiyona wari ugoye cyane ku makipe atatu yari afite amahirwe yo gutwara shampiyona harimo APR FC, Kiyovu, na Rayon sports ndetse n’amakipe atanu yarwaniraga kutamanuka mu cyiciro cya kabiri nka Bugesera, Rwamagana, Rutsiro na Marine FC.
Ikipe ya APR yabonye igitego kimwe mu gice cya mbere byayigabanyirije igitutu mu gice cya kabiri, igitego cyatsinzwe na Nshuti Innocent.
Igice cya kabiri cyakomeje amakipe yombi asatirana APR yongera kubona igitego cya kabiri ku munota wa 87 gitsinzwe na Ruboneka Jean Bosco, Gorilla yatsinzemo igitego kimwe nyuma y’iminota ibiri gusa gistinzwe na Victor Murdah. Umukino uragira ari ibitego 2-1.
Uko indi mikino yagenze
KIYOVU 3-1 RUTSIRO
SUNRISE FC 0-1 RAYON SPORTS
BUGESERA FC 2-1 AS KIGALI
Etincelles 1-1 RWAMAGANA FC
POLICE FC 0-1 MARINES
Ikipe ya APR yegukanye igikombe n’amanota 63, ikarusha Kiyovu ibitego 10, naho Rayon Sports yabaye iya gatatu n’amanota 61.
Amakipe yamanutse mu cyiciro cya kabiri ni Rutsiro FC ku manota 30, ndeste na Espoir FC n’amanota 17.






Karemera Jean Luc