16-04-2026

Karim Benzema yabonye ikipe nshya mu barabu

0

Ku wa Kabiri tariki ya 6 Kamena 2023 ni bwo inkuru yabaye kimomo ko Karim Benzema wakiniraga Real Madrid yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu n’ikipe ya Al Ittihad ibarizwa muri Arabiya Sawudite.

Ni inkuru yamenyekanye nyuma y’umunsi umwe ubwami bw’abarabu bugaragaje gahunda yo kwiyegereza abakinnyi b’ibikomerezwa mu ruhando mpuzamahanga mu rwego rwo guteza imbere ubukerarugendo.

Mu magambo ye, Benzema yishimiye iriya kipe nshya aho yagize ati: “Nishimiye kubona shampiyona nshya y’umupira w’amaguru mu kindi gihugu.”

Benzema yakinye imikino 648 muri Real Madrid kandi aza ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’ibihe byose ku batsinze ibitego byinshi muri Real Madrid ibitego 354 nyuma ya Christiano Ronaldo.

Benzema kandi agiye asanga abandi bakinnyi bakanyujijeho mu mupira w’amaguru nka Ronaldo, Ospina, Gustavo n’abandi benshi. Uretse bano bakinnyi aya makipe aritegura guhatanira abandi bakinnyi bakomeye ku Isi nka Leon Messi na Ngolo Kante.

Iki cyemezo cyo kuzana amazina akomeye kigamije kongera amafaranga yinjira muri Arabiya Sawudite akagera kuri miliyoni 480 z’amadorali ya Amerika buri mu mwaka.

Karemera Jean Luc

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *