25-05-2026

Rayon Sports yasinyishije umutoza wo muri Tunisia, Gasogi igiye gukora agashya muri ruhago nyarwanda: Ibiri kuvugwa muri siporo

0

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Nyakanga 2023, Rayon sports yasinyishije umutoza mukuru ukomoka mu gihugu cya Tunisia witwa Yamen Zelfani ku masezerano y’umwaka umwe.

Uyu munya-Tunisia yatoje amakipe atandukanye arimo Nouadhibou FC yo muri Mauritanie, Al-Merrikh SC you muri Sudan, Dhofar ya Oman, JS Kabylie yo muri Algeria, AS Soliman ya Tunisia, Al-Kawkab na Jeddah zose zo muri Arabia Saudite ndetse na Al-Talaba you muri Iraq.

Yamen Zelfani

Yamen Zelfani kugeza ubu amaze gutwara ibikombe bibiri birimo igikombe cy’igihugu (Super cup) muri Sudan 2018, ndetse no muri Oman 2019. Byitezwe ko uyu mutoza yerekanwa ku munsi wa ‘Rayon Day’ aho Rayon Sports izakina n’ikipe ya Vitalo yo mu Burundi.

Mu yandi makuru akomeje kugarukwaho muri ruhago nyarwanda, biri guhwihwiswa ko Gasogi United ishobora gukora amateka muri shampiyona y’abagabo mu Rwanda ikazana umutoza w’umugore.

Umufaransakazi Caroline Pizzala niwe bivugwa ko ashobora kuba umutoza mukuru wa Gasogi United iherutse gutandukana n’uwari umutoza wayo, Paul Kiwanuka.

Caroline Pizzala

Uyu mutoza w’imyaka 35 yakiniye ikipe ya Paris Saint Germain y’abagore mu Bufaransa, ndeste akinira ikipe ya Olympique de Marseille WFC kugeze muri 2020 ari nabwo yasezeye mumupira wamaguru.

Nubwo uyu mutoza yakinye mu makipe akomoye ariko ntabigwi byinshi afite nkumutoza.

Karemera Jean Luc

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading