Ikibazo Congo ifite ni Tshisekedi wigize isiha rusahuzi– Moïse Katumbi
Moïse Katumbi – umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi,yeruye ko icyashegeshe ubukungu bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kidakwiye gushakirwa ahandi ko ahubwo ari Perezida Tshisekedi wigize isiha rusahuzi.
Katumbi ukuriye ishyaka “Ensemble pour la Republique” yabitangaje kuri uyu wa kane ku itariki ya 20 werurwe 2025, mu kiganiro cyihariye cyatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X rwa Mario NawFall.
Yagize ati: “Perezida Tshisekedi yahombeye Congo kuburyo bukomeye,arimo kwesa uduhigo mu kwimika ruswa mu nzego z’ubuyobozi; asesagura umutungo w’igihugu uko yishakiye,agahora mu ngendo gusa mu mahanga,yasenye igisirikare cyacu. Nta munye-Congo umushyigikiye kuko nta n’uwamutoye, ntibibona mu butegetsi bwe.”
Muri uko gusesagura umutungo wa Congo, Katumbi yatanze ingero zifatika zishimangira ko ubu icyo gihugu kiri mu ngaruka zikomeye z’imitegekere ya Tshisekedi idafite icyerekezo.
Ati: “Umusirikare w’ipeti rya colonel mu gihugu cyacu ahembwa amadolari 120 mu gihe umudepite we ari amadolari ibihumbi 25, abaminisitiri bo sinakubwira ni akayabo,ibaze ko Perezida wacu akoresha amafaranga menshi mu kwezi kurusha uw’uBufaransa!”
Yunzemo ati: “Ngaho mbwira nawe ugereranye ubukungu bwacu n’ubw’uBufaransa? ntabwo yakomeza kwirirwa abeshya ngo ikibazo ni abandi.”
Ni mu gihe ku rundi ruhande Tshisekedi we ahora abeshya Isi ko u Rwanda ari rwo ruri inyuma y’ibibazo byose byashegeshe Congo birimo imihindagurike y’ibihe, ubukene, ubujura bw’amabuye y’agaciro, umutekano n’ibindi.
Si Katumbi ubaye uwa mbere mu gushinja umunyagitugu Tshisekedi kuba inyuma y’ibibazo byose byugarije Congo, kuko na Joseph Kabila Tshisekedi yasimbuye aherutse kubishimangira mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru muri Afurika y’Epfo.
Ndayambaje Marc