04-04-2026

Rubunzamurizo Charles Kambanda yacitse ururondogoro kubera ubushongore n’ubukaka by’u Rwanda byatumye rwakira UCI!

0

Mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ubundi u Rwanda rukandika amateka yo kuba igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, umusambanyi ruharwa akaba n’umumotsi w’umutwe w’iterabwoba wa RNC, Charles Kambanda, yabuze ayo acira n’ayo amira.

Mu bigaragarira buri wese, rubunzaburizo Kambanda afite ipfunwe n’ikimwaro ari guterwa no kuba imitego we n’abandi banzi b’u Rwanda badasiba kurutega ifata ubusa, dore ko rokomeje ukesa imihigo mu ruhando mpuzamahanga.

Imikino ya Shampiyona y’Isi y’Amagareiteganyijwe hagati ya tariki ya 21 kugeza 28 Nzeri 2025, imyiteguro igeze ku musozo ndetse ibihangange mu kunyonga igare bikomeje kugera mu Rwanda, ari na ko bose batangarira uko u Rwanda rwiteguye n’iterambere Abanyarwanda bamaze kwigezaho mu myaka 31 ishize.

Gusa ku rundi ruhande, iyi ndaya mbaya Kambanda, ishishikajwe no gucuruza ibihuha bidafite epfo na ruguru, birimo ko “ibikorwa byose mu Rwanda byahagaze”, kandi ko ibinyabiziga bya moto “biri gukurwa mu mujyi”.

Ni mu gihe nyamara nta kinyabiziga kitemerewe kugenda, dore ko n’inzego zibishinzwe zikomeje gufasha abantu gukora ingendo mu buryo busanzwe zibayobora mu yindi mihanda nk’uko bijyenda mu gihe n’ibindi bihugu byakiriye iyi shampiyona.

Mu bwenge bwe bucye Kambanda, avuga kandi ko iri rushanwa “riri mu nyungu za Perezida Kagame gusa”, n’andi manjwe aterekeranye.

Icyo Kambanda yirengagiza ni uko Abanyarwanda bari kubyinira ku rukoma ku bw’inyungu batangiye kubonera muri iri rishanwa na mbere y’uko ritangira; iyi ikaba ari inkuru yahamirizwa by’umwihariko n’abacuruzi ndetse n’abakora mu rwego rw’ubukerarugendo, hoteli, gutwara abantu n’ibindi.

Ubundi iyi ndaya ikunze kwigira nyoninyinshi izwiho kuba yarasambanyaga abana b’abakobwa yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda aho bivugwa ko yari yarababereye ikigeragezo mbere y’uko ifata icyemezo cyo kujya kwangara muri Amerika.

UCI ijya gufata icyemezo cyo kuzana iri rushanwa mpuzamahanga mu Rwanda no muri Africa bwa mbere ni ukubera icyizere yari ifitiye Perezida Kagame n’ubuyobozi bwe.

Ibigwi by’u Rwanda mu kwakira neza ibirori bikomeye ku Isi n’inama mpuzamahanga zikomeye ntabwo biteze gukomwa mu nkokora n’urusaku rw’ibigarasha nka Kambanda.

Mukobwajana Linda

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *