19-04-2026

Sendagara “Gen Neva” n’umugore we bari inyuma y’ibura ry’igitoro i Burundi – Ibimenyetso

0

Abarundi ntibiyumvisha uburyo bakomeje kwirizwa ku mirongo bategereje kugerwaho ngo bishyure lisansi bo bita “igitoro”, bajya kuyigura mu ngo z’abaturage ho bakayibona byihuse ariko ku giciro cy’umurengera, aho bahera bibaza aho baba bacururiza mu ngo bo bayivana.

Amakuru yizewe aturuka muri aba barundi bagura igitoro cya magendu avuga ko ibiciro biba biri hejuru cyane kuko biba ari inshuro zirenga 6 ugereranyije n’ibiciro bisanzwe byo kuri za sitasiyo.

Mu rwego rwo guca intege aba Barundi bakenera igitoro no kwigabanyiriza igitutu, mu Ukuboza 2025, ikigo SOPEBU cyatanze itegeko ry’uko nta modoka yemerewe gukandagiza amapine kuri sitasiyo mu gihe nyirayo azi neza ko ibirango biyiranga (plaque) bitari ku rutonde rw’izigomba guhabwa igitoro kuri uwo munsi.

SOPEBU kandi yashyizeho n’ibihano bikakaye ku bazafatwa barenze kuri iryo tegeko birimo no kwamburwa uburenganzira bwo guhabwa igitoro kugeza ku mezi 2.

Iyi SOPEBU itarahwemye kwinubirwa n’Abarundi kubera imikorere mibi irimo na ruswa mu itangwa ry’ iyi ndeka y’igitoro ikaba yarashinzwe mu 2024 na Perezida Ndayishimiye maze ayegurira umugore we Ndayubaha Angeline mu rwego rwo gukomeza kwigwizaho umutungo.


Soma kandi: Hahishuwe uburyo Sendagara “Gen Neva” na “Madame Gucci” bakomeje kunyunyuza imitsi y’abagura igitoro


Nyuma yo gushimuta uburenganzira bwose ku itumizwa n’icuruzwa ry’igitoro n’uyu muryango wa Ndayishimiye, Abarundi bagiye kenshi batabaza ko abakomeje kugaragara muri ubu bucuruzi bwa magendu bw’igitoro ari ibikomerezwa mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi nyamara bagategereza icyakorwa ngo aya manyanga ahagarare bagaheba.

Urugero rwa vuba ni urwa Nimubona Shabani ukuriye Imbonerakure mu Ntara ya Buhumuza akaba ari n’Umudepite, aho tariki 27 Mutarama yafatanywe amajerekani 198 y’igitoro yacururizaga mu nzu ye i Muyinga.

Muri iki gihugu kandi cyugarijwe n’ibura ry’amadevize, bamwe muri ibi bikomerezwa by’aba DD bahitamo kugambana n’abacuruzi bo mu mujyi wa Uvira muri Congo usanzwe uhahirana cyane na Bujumbura maze bakabasaba ko babacururiza mu madorali cya gitoro bibye.

Biraro Erneste

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *