10-04-2026

Icyo “imbabazi” Sendagara Gen Neva yahaye Gen Bunyoni zisobanuye

0

Mu buryo bwatunguye benshi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026, Ndayishimiye Evariste utegeka u Burundi yafunguye Gen Alain Guillaume Bunyoni yari yarakatiye gufungwa burundu, gusa hari icyo bivuze.

Mbere na mbere ifungwa n’ifungurwa rya Bunyoni wabaye Somambike w’umunyagitugu Ndayishimiye igihe kinini, bwari ubundi buryo uyu munyagitugu yateguye agamije kwereka ibindi bikomerezwa byo mu bushorishori bwa CNDD-FDD ko bagomba kugendera munsi y’ibirenge bye.

Gufungura Bunyoni bibaye nyuma y’igihe kinini humvikana amakuru yagaragazaga ko yenda gupfa bitewe n’iyicarubozo yakorerwaga muri gereza, ibi bikaba bishimangira ko Ndayishimiye yafashe iki cyemezo nyuma yo kubona ko umugambi yari yihaye wo kumucecekesha no gutanga ‘gasopo’ ku bandi ba-DD awugezeho.

Bunyoni ahawe izi ngirwa mbabazi yari amaze iminsi arembeye mu bitaro bikuru bya Gitega kuva mu kwezi kw’ Ukwakira 2025.

Ku rundi ruhande, Bunyoni nawe ntabwo ari shyashya mu maso y’Abarundi dore ko yanimanye ingoma na Sebuja mu 2020 nyuma y’urupfu rwa Petero Nkurunziza, bityo nta kabuza ko basangiye amanyanga menshi akorerwa muri CNDD-FDD.

Soma kandi: Abagome ba CNDD-FDD bakomeje gusubiranamo, hafi kwicana!

Nk’urugero nka tatiki 27.5.2024 ubwo Gen Bunyoni yabazwaga n’Urukiko icyatumye ahunga urugo rwe mu gihe inzego z’umutekano zazaga kumusaka mu ijoro ry’uwa 16 rishyira 17 Mata 2023, yagize ati:”Sinari kurindira ngo nicwe”

Yunzemo ati:”Gen Adolphe Nshimirimana yarashwe n’abantu bambaye umwambaro w’inzego kandi ntibigeze bafatwa! Gen Athanase Kararuza yarashwe n’abantu bambaye umwambaro w’inzego z’umutekano kandi ntibigeze bafatwa(…). None ni jyewe, nka Gen de Police wari kwigerezaho hari abajenerali 2 bamaze kumburira ko hatanzwe itegeko ryo kundasa nibamara kunsaka?”

Mu 2020, Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe we Gen Bunyoni babwiye Abarundi ko bazanye Leta mbyeyi kandi isenga. Aho bigeze, na Shitani ireba iyi Leta ikumirwa!

Biraro Erneste

About Author

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *