#Quatar2022: Amateka muri ruhago! Saudi Arabia yatsinze Argentina ya Lionel Messi
Mu mukino wa mbere mu itsinda rya gatatu ry’igikombe cy’Isi 2022 wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2022, ikipe y’igihugu ya Saudi Arabia yatunguranye itsinda Argentine ibitego 2-1.
Iyi Argentine ubundi iri mu makipe ahabwa amahirwe yo gutwara iki gikombe uyu mwaka. By’umwihariko mbere y’uyu mukino Argentine yahabwaga amahirwe yo gutsinda mu buryo busa nk’ubworoshye.
Ibyo ni nako yabitangiye kuko ku munota wa cumi Lionel Messi yatsinze igitego cya mbere kuri penaliti.
Mu gice cya kabiri Saudi Arabia yagitangiye ikina neza cyane; ibintu byatumye ku munota wa 48 Saleh Al-Shehri ahabwa umupira na Firas Al-Buraikan atsinda igitego cya mbere cyo kwishyura.
Ku munota wa 53 Salem Al-Dawsari wa Saudi Arabia yahaye amahirwe igihugu cye atsinda igitego cya kabiri. Argentine yakoze ibishoboka byose ngo yishyure inabone intsinzi ariko umukino urangira itsinzwe ibitego 2-1.
Saudi Arabia ku rutonde ngaruka kwezi rwa FIFA ruheruka gusohoka tariki ya 6 Ukwakira 2022 iri ku mwanya wa 51 mu gihe Argentine iri ku mwanya wa gatatu ku Isi.
Ubwanditsi