02-09-2026

Igihangange muri ruhago Pelé yitabye Imana ku imyaka 82

0

Abakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku Isi bari mu kababaro nyuma y’uko Umunya-Brazil, Edson Arantes do Nascimento wamamaye nka Pelé muri ruhago yitabye Imana.

Urupfu rwa Pelé ufatwa nk’umukinnyi wa mbere mwiza wabayeho mu mateka ya ruhago, rwamenyekanye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Ukuboza 2022, akaba yapfuye afite 82 azize indwara ya kanseri.

Ibitaro bya Albert Einstein biri i Sao Paulo, aho Pelé yari arwariye, byavuze ko yazize “ukunanirwa kw’ingingo nyinshi biturutse kuri kanseri y’amara ifitanye isano n’uburwayi yari afite mbere.”

Urupfu rw’uyu mugabo rukumbi wegukanye igikombe cy’Isi inshuro eshatu nk’umukinnyi rwemejwe no ku rubuga rwe rwa Instagram.

Pelé ni we watsinze ibitego byinshi mu ikipe ya Brazil aho yatsinze ibitego 77 mu mikino 92 yayikiniye.

Kuva 1956 kugeza 1974, Pelé yakiniye ikipe ya Santos (yo muri Brazil) ahakina imikino 605 atsinda ibitego 589.

Mu 1975 kugeza 1977, yakiniye New York Cosmos (yo muri Amerika) ahakina imikino 64, atsinda ibitego 37.

Kuva 1978 kugeza 1980 yakiniye XI Classic (yo muri Brasil) kugeza asezeye.

Umuhango wo gushyingura ku mugaragaro iki cyamamare uzabera hanze ya Sao Paulo, muri Brazil kuri Stade ya Vila Belmiro, aho yakinnye imyaka myinshi mu ikipe ya Santos.

Abaturage bazaha icyubahiro bwa nyuma Pele ku wa Mbere no ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha.

Karemera Jean Luc

About Author

Leave a Reply

Discover more from MY250TV

Subscribe now to keep reading and get access to the full archive.

Continue reading