Sendagara “Gen Neva” mu kuniga itangazamakuru
Perezida Ndayishimiye kuri uyuwa Kabiri tariki ya 9 Gicurasi 2025 yumvikanye atera ubwoba itangazamakuru ari nako arishyiraho ibikangisho muri iki gihe u Burundi buri mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’inzego z’ibanze n’ayabadepite azaba mu kwezi gutaha.
Yagize ati: ”Itangazamakuru rigomba kwirinda kuvuga ibidakenewe, rigomba kwigengesera bidasanzwe mbere yo gushyira ahabona amakuru ajyanye n’ibyavuye mu matora.”
Aya magambo yatangajwe na Ndayishimiye ni ikimenyetso kidashidikanywaho ko mu matora ateganyijwe hazabamo ibintu byinshi bibi uyu mutegetsi atifuza ko bimenyekana.
Kuva mu matora ya 2015, mu Burundi habaye amabi menshi arimo gutoteza abatavuga rumwe na CNDD-FDD, aho Abarundi ibihumbi n’ibihumbi banyurujwe, bakicwa ndetse abandi bagakwira imishwaro mu mahanga bazira kugaragaza ko batishimiye ibikorwa n’ ubutegetsi bwabo.
No muri aya matora rero, nta gushidikanya ko amabi nk’ayo yose azaba.
Soma kandi:Hashize imyaka 10 CNDD FDD na “Gen Neva” bica Abarundi nk’ibimonyo, amaherezo ni ayahe?
Ku rundi ruhande, umuntu yakwibaza uburyo Gen Neva yiha inshingano zo kwigisha itangazamakuru ibyo rikora mu gihe bizwi neza ko uyu mwuga ubamo abantu babifitiye ubumenyi n’ubushobozi ku buryo ibyo bavuga n’ibyo batavuga baba babizi.
Biraro Ernest